APR FC ubu irabarizwa mu gihugu cya Kenya aho igiye gukina na Gor Mahia umukino wo kwishyura w'ijonjora ry'ibanze rya CAF Champions League, mbere yo guhaguruka umuyobozi w'iyi kipe Maj. Gen. Mubaraka Muganga akaba yasabye aba bakinnyi kwigirira icyizere kuko n'ubuyobozi bwabo bukibafitiye.
APR FC yahagurutse mu Rwanda ku munsi w'ejo ku wa Gatatu, aho igiye gukina umukino wo kwishyura na Gor Mahia, umukino ubanza APR FC yatsinze 2-1, ikaba igiye isabwa kunganya gusa.
Mbere yo guhaguruka, APR FC yaganirijwe n'umuyobozi wayo, Maj. Gen. Mubaraka Muganga, abibutsa ko ari abakinnyi b'intoranywa bityo ko bagomba guhatana bifitiye icyizere kuko n'ubuyobozi bukibafitiye.
Ati"Mugende mwifitiye icyizere, natwe turakibafitiye, muri abakinyi beza b'intoranywa b'abanyarwanda bateguwe neza bahabwa abatoza beza, tubizeyeho byinshi kandi murabishoboye.'
'Ni urugamba nk'izindi, Gor Mahia ni ikipe nziza ndetse ikomeye ariko twakinnye nayo hano ndetse mwabonye ko kuyitwaraho neza bishoboka, mugende mukine mwumva ko uyu ari wo mukino wa nyuma indi mikino izaza nyuma.'
Ikipe ya APR FC yahagurutse mu Rwanda saa 7h15' za ni joro ku munsi w'ejo, yarageze muri Kenya aho umukino uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 5 Ukuboza 2020 saa 15h za Kigali.