- Kuwa Kabiri tariki ya 24 Ugushyingo ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu Karere ka Rubavu ryafashe itsinda ry'abantu bane bakurikiranweho gukwirakwiza urumogi ahantu hatandukanye.
Abafashwe ni Izabafashe Gabriel w'imyaka 31 uzwi ku izina rya Gasongo yafatanwe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 5, Nyirabuhinja Julienne w'imyaka 40 yafatanwe udupfunyika 1,100 tw'urumogi, Mushimiyimana Emmanuel wafatanwe udupfunyika 400 ndetse n'uwitwa Nsabimana Theogene wafatiwe mu Mujyi wa Kigali.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko gufatwa kw'aba bantu bose byaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.
Yagize ati 'Abaturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, tariki ya 23 ugushyingo, baduhaye amakuru ko uwitwa Mushimiyimana Emmanuel akekwaho kuba afite urumogi acuruza. Tukimara guhabwa ayo makuru, abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bahise bajyayo baramufata, bamusangana udupfunyika 400 tw'urumogi.'
CIP Karekezi akomeza avuga ko Mushimiyimana akimara gufatwa bamubajije aho akura urwo rumogi, avuga ko aruhabwa na Izabafashe uzwi nka Gasongo wo mu Murenge wa Bugeshi ndetse ko mu gihe yajyaga kurukurayo yahahuriye n'uwitwa Nsabimana Theogene nawe wahakuye udupfunyika ibihumbi 2 tw'urumogi yari ajyanye mu Mujyi wa Kigali. Uyu Nsabimana yaje gukurikiranwa afatirwa mu Mujyi wa Kigali i Nyabugogo.
Yagize ati: 'Umwe muri aba bagize iri tsinda akimara kuduha ayo makuru, n'ubundi ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ku wa Kabiri ryahise rijya mu murenge wa Bugeshi, Akagari ka Rusiza aho Izabafashe Gabriel atuye bamusanga mu kabari ke ari kumwe na Nyirabuhinja Julienne, uyu Nyirabuhinja afite udupfunyika 1,100 yari amaze kugura na Gabriel. Ako kanya abaturage bahise bahagera babwira abapolisi ko uwo mugabo asanzwe akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge, abapolisi niko gusaka mu nzu ye basangamo udupfunyika ibihumbi bitanu tw'urumogi.'
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo ririya tsinda rifatwe. Aboneraho gusaba abaturage muri rusange kurwanya abijandika mu bikorwa by'ibiyobyabwenge uko bimeze kose.
Abo bafashwe bahise bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kanama aho bagiye gukorwaho iperereza n'urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) ruhakorera.

Gabriel Izabafashe yafatanwe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 5 na Julienne Nyirabuhinja w'imyaka 40 yafatanwe udupfunyika 1,100 tw'urumogi
Source : https://impanuro.rw/2020/11/27/rubavu-polisi-yacakiye-itsinda-ryabakekwaho-gukwirakwiza-urumogi/