Nkuko tubikesha ubuyobozi bw'ikipe y'umupira w'amaguru mu Rwanda ariyo Rayon Sport, bwemeje ko bamaze kumvikana na Rutahizamu w'umunya Nigeria witwa Oni Jimoh agahita anashyira umukono Ku masezerano y' imyaka ibiri.
Uyu munsi Tariki 08 ugushyingo 2020, nibwo ubuyobozi bw' ikipe ya Rayon Sport bwatangaje ko bwamaze gusinyisha Oni Jimoh bumukuye muri Albia Warriors FC yo muri Nigeria aho uyu musore akomoka, ubuyobozi bw'iyi kipe ya Rayon Sport bwirinze gutangaza ibyo yatanzweho.
Oni Jimoh warusanzwe akinira Albia Warriors FC nk' umwataka ndetse niwe warufite ibitego byinshi muri iyi kipe.

Oni Jimoh yinjiye muri Albia Warriors FC tariki 01 gicurasi 2018 bivuzeko yari ayimazemo imyaka ibiri, aho yayijemo aturutse muri FC Feanyi Ubah nayo yo muri Nigeria.
Uyu musore akaba afite imyaka 24, dore ko yavutse tariki 15 nzeri 1996, afite 1,77 m z'uburebure, akaba akinisha ukuguru kw' iburyo aho akina yataka izamu.

Rayon Sport iguze uyu mukinnyi nyuma yo kugura undi munya Côte d'Ivoire witwa Jean Vital Ourega.
The post Rayon Sport yasinyishije umwe mu bafite ibitego byinshi muri shampiyona ya Nigeria appeared first on Kigalinews24.