Harimo haribazwa byinshi kuri Kagere Meddie rutahizamu w'Amavubi ukinira Simba SC muri Tanzania, ni nyuma y'uko umutoza wa Simba avuze ko atazamukoresha ku mukino wa Yanga kubera imvune nyamara akaba ari mu myitozo y'Amavubi yitegura Cape Verde.
Tariki ya 4 Ukwakira 2020 mu mukino wa shampiyona ya Tanzania ubwo Simba SC yatsindaga JKT Tanzania ibitego 4-0, harimo 2 bya Meddie Kagere, uyu musore yaje kugira ikibazo cy'imvune yo mu ivi yatumye atongera gukina imikino ya shampiyona yakurikiyeho.
Umutoza wa Simba SC, Sven Vandenbroeck akaba yaratangaje ko Meddie Kagere afite imvune atazamukoresha ku mukino wa Yanga uzaba tariki ya 7 Ugushyingo 2020 kuko azatangira imyitozo ku wa 6 Ugushyingo 2020.
Tariki ya 28 Ukwakira 2020, Meddie Kagere yaje mu Rwanda ndetse ahita ajya mu mwiherero w'ikipe y'igihugu ndetse atangira imyitozo, kuri ubu ameze nk'umukinnyi wakize neza kuko akorana n'abandi imyitozo.
Kuva muri Simba SC bivugwa ko afite imvune agahita ajya mu mwiherero w'ikipe y'igihugu, byazamuye umwuka mubi cyane muri Tanzania aho abafana b'iyi kipe bibaza ukuntu yanze gukinira Simba SC noneho irimo initegura umukino w'umukeba akavuga ngo afite imvune ahubwo akigira mu ikipe y'igihugu.
Abandi bavuga ko bishobora kuba byarakozwe n'umutoza abishaka kuko n'ubundi adakunda gukinsiha uyu mukinnyi, bikaba urwitwazo rw'uko yavunitse.
Andi makuru avuga ko uyu mukinnyi yoherejwe n'ikipe ya Simba SC mu Rwanda kugira ngo yivuze kuko ikipe y'igihugu ifitanye ubufatanye n'ibitaro bya King Faisal byo kuvura abakinnyi b'ikipe y'igihugu n'aho ibyo kuba ari mu myitozo y'Amavubi ngo Simba SC ntabyo izi.
ISIMBI yamenye amakuru y'uko uyu rutahizamu nta buvuzi na bumwe yigeze ahabwa n'ikipe ya Simba SC ahubwo bamubwiye ngo aruhuke bizikiza.
Uyu rutahizamu kandi ngo yavuye muri Tanzania aje mu mwiherero w'ikipe y'igihugu ndetse yoherejwe n'ubuyobozi bw'ikipe ye kuba arimo gukora imyitozo nta kibazo babifiteho kuko ari bo bamwohereje kandi ubuyobozi bw'iyi kipe buvugana umunsi ku munsi n'umutoza Mashami bamubaza uko uyu mukinnyi ahagaze.
Byitezwe ko hashobora kuzavuka ikibazo hagati y'abafana n'ikipe ndetse na Kagere mu gihe atakina umukino wa Yanga bivugwa ko afite imvune akazakina uw'u Rwanda na Cape Verde uzaba ku wa 12 Ugushyingo 2020 ndetse na 17 Ugushyingo 2020.