Mu masaha ya saa yine z' umugoroba zo kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2020 , Mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jali haravugwa inkuru y' umugabo w'imyaka 41 akekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato nyina w'imyaka 65.
Amakuru avuga ko ibi bikimara kumenyekana ko uwo mubyeyi yakoreshejwe imibonano mpuzabitsina atabishaka, ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kirehe yatanze amakuru maze abayobozi bajyayo basanga umukecuru agitaka ababwira ibimubayeho n'umuhungu akiri aho.
Umuvugizi w'Umusigire w'Urwego rw'Ubugenzacyaha, Dr Murangira B.Thierry, yatangarije itangazamakuru ko uwo mugabo yatawe muri yombi. Yagize ati :
'Ni byo koko RIB yafunze umugabo w'imyaka 41 akurikiranyweho gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato yakoreye umubyeyi w'imyaka 65. Byabereye mu Mudugudu wa Kirehe muri Kanyaburiba i Jali mu Karere ka Gasabo.'
Yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha. Ubu ukekwa afungiye kuri Station ya RIB ya Gatsata.
Ati 'Uwahohotewe yoherejwe kuri Isange One Stop Center ku Kacyiru kugira ngo ahabwe ubutabazi bw'ibanze kandi akorerwe isuzuma.'
Aramutse ahamijwe iki cyaha yahanishwa igifungo cy'imyaka 10 ariko kitarengeje imyaka 15 n'ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.