Ubuyobozi bw'ishyirahamwe ry'umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda 'RKWF' buratangaza ko mu rwego rwo gufashaba abanyamuryango bayo bahuye n'imbogamizi nyinshi harimo kutabona ibibuga byo gukiniraho ndetse no kubura bimwe mu by'ibanze byo kwifashishwa mu kwirinda COVID-19, ubu babageneye ubufasha bw'ibikoresho by'ibanze bizabafasha guhanana n'iki cyorezo.
Iyi nkunga yahawe amakipe 25 ari nayo agize iyi federasiyo ya Kung Fu Wushu mu Rwanda, ni mu rwego rwo kuyafasha kugera ku ntego yiyemeje ariko bahangana n'icyorezo cya COVID-19.
Ni inkunga yatanzwe ku bufatanye na Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda. Ibi bikoresho bifite agaciro ka miliyoni 11 z'amafaranga y'u Rwanda.
Mu rwego rwo kongera gushishikariza amakipe gukora imyitozo, RKWF yateguye gahunda y'imyitozo y'ububyutse izabera mu bice bitandukanye b'igihugu ku matariki atandukanye ari yo tariki 07-08, 14-15 na 21-22 Ugushyingo 2020.
Muri Kigali imyitozo izabera ahantu hamwe mu byiciro 4, Iburasirazuba izabera i Rwamagana, Kayonza, Ngoma na Nyagatare. Mu Ntara y'Amajyaruguru izabera i Gicumbi ( Bukure) na Musanze, mu Ntara y'Amajyepfo ibere i Muhanga na Nyanza naho mu Ntara y'Iburengerazuba imyitozo ibere i Rubavu na Karongi ( Kiziba).
Perezida wa RKWF, Uwiragiye Marc avuga ko kandi guhera tariki ya 15 Ugushyingo 2020, bazajya bakorana n'Umujyi wa Kigali ndetse na MINISPORTS muri siporo rusange izwi nka 'Car Free Day'.
Kung Fu Wushu ni umukino njyarugamba ufite inkomoko mu gihugu cy'u Bushinwa ukaba umaze igihe ukinwa mu byiciro bitandukanye by'imyaka aho hari n'abakinnyi b'u Rwanda bitabira amarushanwa mpuzamahanga.