Urubanza ruregwamo Tom Byabagamba rwongeye gusubikwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umumacanza yabajije Col Tom Byabagamba niba yiteguye kuburana, yahise amubwira ko atiteguye kuburana kuko atabonye dosiye.

Ati 'Ntanubwo abanyunganira twabonanye, twaraye tubonanye nimugoroba.'
Umucamanza yahaye umwanya Ubushinjacya ngo buvuge ku nzitizi, buvuga ko urubanza rwaburanishwa kuko rusubutswe inshuro ebyiri kandi bituruka ku muburanyi buri gihe.

Bwavuze ko bwa mbere rwasubitswe ku wa 21 Nyakanga 2020 kandi byari biturutse kuri Col. Tom Byabagamba, icyo gihe rwongeye gusubikwa ku wa 14 Ukwakira 2020, abamwunganira mu Mategeko babuze.

Ubushinjacyaha bukavuga ko Col Tom Byabagamba yahawe dosiye yose mbere, buti ahubwo umuburanyi ari gutinza urubanza nkana.

Col Tom Byabagamba yahawe ijambo avuga ko Ubushinjacyaha bubeshye Urukiko kuko yabonye dosiye y'ibyo aregwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 12 Ukwakira 2020.

Me Gakunzi Valery wunganira Col Tom Byabagamba na we yahise abwira Urukiko ko ibyo Ubushinjacyaha buvuze atari byo.

Ati 'Ibyo buvuze byose burabeshye ntabwo byabaye.'
Me Paul Ntare na we yabwiye Urukiko ko imiterere ya System itabemerera kubona dosiye z'abo bunganira uko baba babishaka.

Nyuma y'impaka zimanze iminota 30 hagati y'Ubushinjacyaha na Col Tom Byabagamba, Umucamanza afashe icyemezo cyo gusubika urubanza, avuga ko ruzaburanishwa ku wa 22 Ukwakira 2020 saa mbiri za mugitondo.

Ati 'Ariko noneho nta yindi mpamvu izongera gutangwa y'uko urubanza rusubikwa.'
Urubanza rwa Col Tom Byabagamba rwatinze gutangira kubera ikibazo k'ikoranabuhanga. Col Tom Byabagamba aburanira mu Rukiko rw'Ibanze rwa Kicukiko, icyaha cy'Ubujura akurikiranyweho n'Ubushinjacyaha.

Muri Mata 2020, Igisirikare cy'u Rwanda cyatangaje ko hari ibyaha by'inyongera Col Tom Byabagamba aregwa byiyongera ku bindi yari asanzwe akurukiranyweho ndetse yaranakatiwe ku rwego rw'ibanze.

Lt.Col Innocent Munyengango Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda yatangaje ko Col Tom Byabagamba akurikiranyweho gushaka gutoroka Gereza n'icyaha cyo gutanga ruswa.

Ubwo yatangiraga kuburana bwa mbere muri Nyakanga 2020 mu Rukiko rw'ibanze rwa Kicukiko Umucamanza yamubajije niba yemera icyaha cy'ubujura akurikiranyweho n'Ubushinjacyaha, Col Tom Byabagamba icyo gihe avuga ko atakemera.

Byabagamba yahise abwira Umucamanza ko nubwo atakemera atiteguye kuburana kuko nta bamuhagarariye mu Mategeko afite mu Rukiko.

Icyo gihe Umucamanza yasubitse urubanza arwimurira muri Tariki 14 Nzeri 2020, nabwo Umucamanza yaje gusubika urubanza kubera ko n'ubundi abanyamategeko ba Col Tom Byabagamba batabonetse.

Byavuzwe ko Col Tom Byabagamba yafatanywe telefone muri Gereza icyaha atemera kugeza uyu mwanya.

Col Tom Byabagamba asanzwe akatiye imyaka 15 y'igifungo, amaze imyaka irenga 6 afunzwe. Bimwe mu byaha byamufunze icyo gihe harimo icyo Gusuzugura ibendera ry'Igihugu no Guteza imvururu muri rubanda.

.



Source : https://www.imirasire.rw/?Urubanza-ruregwamo-Tom-Byabagamba-rwongeye-gusubikwa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)