Mu itangazo yanyujije ku rukuta rwa Twitter rwayo, minisiteri y'uburezi mu Rwanda MINEDUC yashyize ahagaragara ingengabihe y'itangira ry'amashuri mu mwaka w'amashuri 2020-2021.
Nk'uko bigaragara muri iri tangazo, abanyeshuri biga mu mashuri abanza n'ayisumbuye bazatangira gusubira ku mashuri tariki ya 02 Ugushyingo 2020. Ikindi kandi ni uko igihembwe cya mbere abanyeshuri batazagisubiramo, ko ahubwo bazakomereza ku gihembwe cya kabiri.
Abanyeshuri biga mu myaka ya 5 na 6 mu mashuri abanza n'abiga mu wa 3,5,6 mu yisumbuye bazatangira tariki 02 Ugushyingo 2020 basoze igihembwe cya kabiri tariki 02 Mata 2021.
Abiga mu wa kane w'abanza, uwa 1,2 n'uwa 4 mu yisumbuye bazatangira kuri 23 Ugushyingo 2020 basoze igihembwe cya 2 tariki 02 Mata 2021.
Abandi basigaye (Inshuke, P1,P2,P3) bakazatangarizwa mu gihe cya vuba igihe nabo bazatangira.
Igihembwe cya gatatu kizatangira tariki 19 Mata 2021 gisoze tariki 09 Nyakanga 2021, mu gihe ibizamini bya Leta bizakorwa ku buryo bukurikira:
P6: 12/07-14/07/2021
S3, S6, TVET: 20/07-30/07/2021.
Minisiteri y'uburezi yatangaje ko abari barishyuye amafaranga y'igihembwe cya mbere batazongera kucyishyura.
Amashuri yari yafunzwe mu mpera za Werurwe 2020 hirindwa ko abana b'u Rwanda bakwandura Coronavirus mu buryo bwihuse. Ibi byatumye umwaka w'amashuri 2020 uburizwamo(Année blanche) kuko nta bizamini bya Leta byakozwe. Umunyeshuri akaba agomba gusubira mu mwaka yari asanzwemo
