Kuri iki cyumweru tariki 04 Ukwakira 2020, ikipe ya Liverpool yakoze 'ubwoko bubi' bw'amateka ubwo yanyagirwaga n'ikipe ya Aston Villa nk'uko umutoza wayo Jurgen Klopp abivuga.
Iyi yari inshuro ya mbere kuva mu 1963 Liverpool (yatsinzwe 7-2 ku mukino yahuyemo na Spurs) itsinzwe ibitego birindwi mu mukino.
The Reds nk'uko bakunze kuyita, yatsinzwe ibitego 7-2, nibwo bwa mbere ikipe ifite igikombe itsinzwe ibitego birindwi muri shampiyona kuva mu 1953 ubwo Sunderland yatsindaga Arsenal 7- 1.
Ollie Watkins yatsinze ibitego bitatu wenyine muri uyu mukino batumye Liverpool itsindwa umukino wa kane muri shampiyona kuva mu kwezi kwa mbere 2019.

Klopp yabwiye BBC Sport ati:'Twavuye mu mukino ubwo badutsindaga 1-0â³.
Klopp ati:
'Ni inde koko wakwifuza gutsindwa 7-2? Mu myaka ishize twaribwiye tuti tugiye gukora amateka. Ariko ubu ni ubwoko bubi bw'amateka. Twabonye amahirwe tutakoresheje, ariko iyo utsinzwe birindwi sinzi ko wavuga ngo byari kuba 7-7â³.
Yakomeje agira ati:'Twakoze amakosa menshi cyane ndetse akabije rwose. Byahereye ku gitego cya mbere no ku bindi tugenda dukora amakosa akabije.
Kopp avuga ko ubusanzwe iyo watsinzwe 1-0 uba ushobora gukora ibintu byose ukavayo.Ati:
'Twabigerageje ariko buri mupira twatakazaga twahitaga dusatirwa cyane. Ibi ntawundi byabazwa uretse njyewe natwe'.
Alisson, umunyezamu wa mbere wa Liverpool ntabwo yakinnye kubera imvune y'urutugu â" uwamusimbuye Adrian asa n'uwahaye Villa impano y'igitego cya mbere.
Klopp yavuze ko Alisson ukomoka muri Brazil ashobora kutagaruka vuba, na nyuma y'ikiruhuko cy'imikino y'amakipe y'ibihugu.
Mohamed Salah niwe watsinze ibitego bibiri bya Liverpool kugeza ubwo byari 5-2, ariko ntibyabujije Villa gusongamo ibindi kuri stade yayo Villa Park.
Liverpool yegukanye igikombe cya shampiyona cya 'saison' ishize ubwo yarushaga Manchester City amanota 18.