Ubuyobozi bw'ikipe ya APR FC bwahagaritse Ishimwe Kevin ukina asatira anyuze ku mpande, ni nyuma yo gusuzugura umutoza.
Mu myitozo yabaye ejo i Shyorongi aho iyi kipe irimo gukorera umwiherero, uyu mukinnyi yaje kugaragaza kutishimira icyemezo cy'umutoza, ni nyuma yo kumusifura ko ari muri offside undi akamubwira nabi.
Adil akaba yarahise amusohora mu kibuga ndetse nyuma y'imyitozo ahita asezererwa arataha.
Ubuyobozi bwa APR FC bukaba bwemeje ko umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu wa APR FC Ishimwe Kevin yahagaritswe by'agateganyo n'ubuyobozi bwa APR FC.
Kevin w'imyaka 25, akaba yahise asezererwa mu mwiherero w'ikipe i Shyorongi mu gihe ubuyobozi bw'ikipe bukiganira ku bihano bizamufatirwa.
Ishimwe Kevin yaje muri APR FC avuye mu ikipe ya AS Kigali, asinya imyaka ibiri mu ikipe y'ingabo z'igihugu ndetse yerekanwa ku mugaragaro Tariki 04 Kanama 2019.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yahagaritse-ishimwe-kevin-ahita-asezererwa-mu-mwiherero