Mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Ntyazo mu Kagali ka Cyotamakara Umuyobozi w' Umudugidu wa Baye Furaha Joseph w'imyaka 36 y'amavuko yeguye nyuma yo gufatwa acuruza inzoga zitemewe zitwa ibikwangari.
Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uriya Mukuru w'Umudugudu yasezeye ku nshingano yari afite nyuma yo gukurikiranwaho gukora no gucuruza inzoga zitemewe (igikwangali).
Yafashwe acuruza litiro 28 muri ibi bihe amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 abuza gufungura utubari.
Uriya Muyobozi w'Umudugudu ngo yabonye ubuyobozi aracika, nyuma inzego z'umutekano ziramufata. Yashyikirijwe Polisi ikorera mu Murenge wa Ntyazo ngo atange amande.
Mayor Ntazinda Erasme  ati 'Yakoze amakosa yo gufungura utubari mu bihe bitemewe kandi nyamara ari we ukwiye no kuba yanabikumira, ubu rero yihitiyemo kwegura.'
Mayor Ntazinda yakomeje asaba abayobozi kwirinda kwishora mu makosa kandi ari bo bakwiye gufasha abaturage gukumira icyorezo cya Coronavirus, anibutsa ko umuyobozi uzafatwa yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo azahanwa by'intangarugero.
Muri rusange mu Karere ka Nyanza abantu bagera ku 1675 bamaze gucibwa amande bazira kutubariza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya Coronavirus baciwe agera kuri miliyoni 26Frw y'amande.

Umuyobozi w'Umudugudu yafatanywe inzoga yitwa 'igikwangari' ahita yegura