Umugore yasimbutse ku nyubako ndende ashaka gukurikira umugabo we wiyahuye nyuma y'iminsi mike barahiriye kubana akaramata #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihugu cy'Ubuhinde, umugore wari umaze igihe gito ashyingiwe yasimbutse ku nyubako ndende y'isoko rya Indore ariko ntiyapfa aho yari yanditse avuga ko ashaka gukurikira umugabo we wapfuye yiyahuye iminsi ibiri ishize, nyuma y'iminsi mike barahiriye kubana akaramata.

Kuwa Gatatu w'iki cyumweru nibwo umugabo w'uyu mugore wari ufite imyaka 32 yasanzwe yapfiriye mu modoka nyuma yo kunywa uburozi, aho yasize yanditse ko yafashe uyu mwanzuro kubera ko abakoresha be bamuteshaga umutwe cyane.

Urupfu rw'uyu mugabo rwashegeshe bikomeye umugore we uri mu myaka 20, bituma nawe afata umwanzuro wo kwiyahura asimbutse ku igorofa rirerire kugira ngo asange uyu mugabo we.

Uyu mugore wananiwe kwakira urupfu rw'umugabo we batamaranye ukwezi, kuwa Gatanu w'iki cyumweru nibwo yagiye kuri rimwe mu masoko afite inyubako ndende mu Buhinde ry'ahitwa Indore, yandika urwandiko ko yifuza gusanga umugabo we niko gusimbuka agwa hasi.

Icyakora uku kwiyahura ntikwamuhiriye kuko ubu ari kuvurirwa mu bitaro nyuma yo kuvunika amaguru n'ibikomere byo mu mutwe.

Ibi byose bibaye mu gihe hari hashize ibyumweru 2 gusa aba bombi barahiriye kubana akaramata nk'umugabo n'umugore.

Ubwo umugabo w'uyu mugore yapfaga, ababyeyi be bahise bamusanga mu rugo rwe rushya kugira ngo bamugarure iwabo ahitwa Faridabad.

Uyu mugore n'ababyeyi be baraye muri hoteli bitegura gufata indege kuwa Gatanu nyuma ya saa sita ariko mu gitondo uyu mukobwa yarabacitse ajya kwiyahura.

Yavuye muri Hoteli abwiye se ko agiye kuzana icyo kunywa, ariko ahita yerekeza kuri iyi nyubako y'isoko yiyahuriyeho. Abari kuri iri soko bamujyanye ku bitaro igitaraganya ubwo yari amaze kwiyahura.

Polisi yavuze ko uyu mugore yari yanditse urwandiko avuga ko ashaka gusanga umugabo we. Iti 'N'ikirego cyo kugerageza kwiyahura. Umugore ari mu bitaro, turi gukurikirana ikibazo.'

Polisi kandi iri gukurikirana abakozi babiri bavuzwe mu rwandiko rw'umugabo w'uyu mugore bamuteshaga umutwe mbere yo kwiyahura, ndetse n'umuntu wa 3 wagize uruhare mu kwiyahura kwe.



Source : https://impanuro.rw/2020/09/13/umugore-yasimbutse-ku-nyubako-ndende-ashaka-gukurikira-umugabo-we-wiyahuye-nyuma-yiminsi-mike-barahiriye-kubana-akaramata/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)