Ntibisanzwe: Abasore b'ingimbi bagira umuhango wo gusimbuka ibimasa kugirango bagaragaze ko bamaze kuba abagabo bo kurongora [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nkuko hirya no hino mu bihugu bya Afurika bagira imico n'imigenzo yabo yihariye, ni nako mu gihugu cya Ethiopia hari agace kamwe gafite imigenzo idasanzwe ndetse itangaje.

Aka gace gatuyemo ubwoko bwitwa 'Hamar Tribe' bagira imigenzo yabo badasangiye n'abandi bitewe n'urukundo ndetse n'icyubahiro baha inka zabo bahoze borora kuva na cyera, Iyi migenzo iba mu minsi itatu, aho buri musore ugeze mu gihe cy'ingimbi yitegura gushinga aba agomba kugaragaza ko yiteguye kuba umugabo agasimbuka ibimasa by'amaboko biba byarakuze bitirondereza, Buri musore aba ategetswe gusimbuka ibimasa bigera kuri 15 bigabanyije mu bice bipanze ari 5 kuri 5, Aha iyo hagize uwica ntabikore neza ategekwa kudakora ubukwe mu gihe cy'umwaka wose ubwo yongera guhabwa amahirwe yo gusimbuka mu mwaka ukurikiyeho, Ubashije kubikora neza we yemererwa kurongora umukubwa yahitiwemo n'ababyeyi ndetse akaba agaragaje ko yiteguye kuba umugabo mu rugo no kurinda inka z'umuryango.

Iyi mihango ikunda kuba mu y'ukwa 10 na 11, aho abagabo baba barakoze iyo migenzo mbere hose ariko ntibashake abagore bagira uruhare mu itegurwa ry'ibi birori, naho abana b'imyaka 5 bagakora akazi ko kuzenguruka mu ngo zose bazimenyesha igihe ibirori bizabera cyane ko muri aka gace batajya bakoresha mubazi (Calendar) mu kubara iminsi, Mu bwoko bwa 'Hamar' kandi bagira indi migenzo yihariye aho nanone abasore bageze mu gihe cy'ingimbi bambara ubusa bakivuruguta mu musenyi baba bahanaguweho ibyaha byabo ndetse bagahabwa imbaraga zidasanzwe zibarinda guhura n'ibyago ibyo aribyo byose, Abana b'abahunga bato bakanogoshwa imisatsi.



Source : https://impanuro.rw/2020/09/29/ntibisanzwe-abasore-bingimbi-bagira-umuhango-wo-gusimbuka-ibimasa-kugirango-bagaragaze-ko-bamaze-kuba-abagabo-bo-kurongora-amafoto/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)