Umuyobozi wungirije wa APR FC, Afande Mubaraka Muganga yavuze ko amafaranga yavuzwe mu itangazamakuru ko ari yo rutahizamu Jacques Tuyisenge azajya ahembwa atari yo, kuko itamuhemba amafaranga aruta ay'umusirikare wo ku rwego rwa General.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo APR FC yerekanye rutahizamu musahya w'umunyarwanda yaguze ugiye kuyikinira mu gihe cy'imyaka 2, Jacques Tuyisenge.
Ni rutahizamu byavuzwe ko yatanzweho amafaranga menshi aho bivugwa ko yaguzwe miliyoni 50 akazajya ahembwa miliyoni 3.5 ku kwezi.
Ubwo iyi kipe yerekanaga uyu mukinnyi, umuyobozi wungirije wa APR FC, Afande Mubaraka Muganga yavuze ko ayo mafaranga yavuzwe atari yo kuko APR FC itahemba umukinnyi umushahara uruta uw'umusirikare wo ku rwego rwa General.
Yagize ati"mishahara mwavuze rwose murarengera, ntabwo twahemba umukinnyi imishahara irenze iyo General ahembwa sinzi aho mubikura, ngo yaguzwe miliyoni 50⦠ngo ahembwa aya n'aya oya rwose natwe dufite imbibi tutarenga ubanza mushaka kubigereranya n'iburayi ariko twe siko dukora.'
Jacques Tuyisenge akaba yasinye imyaka 2 ibiri ishobora kongerwa mu gihe yaba yumvikanye n'ikipe y'ingabo z'igihugu.