Abantu batatu bakomerekejwe n'ibiza, ibikorwa remezo byinshi birangirika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEAMA, Olivier Kayumba, avuga ko iyo mvura yangije ibintu binyuranye mu Turere twa Nyamagabe, Rubavu, Rulindo, Nyaruguru, Nyamasheke, Karongi, Rusizi ndetse na Nyanza, ariko ko uturere twibasiwe cyane ari Rubavu na Rulindo.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, uyu muyobozi yavuze ko abasenyewe n'ibiza ubu bacumbikiwe n'abaturanyi babo, inzego z'ibanze zikaba zikomeje kubikurikirana.

Muri iki gihe cy'imvura y'umuhindo, MINEMA irasaba abaturage gufata amazi y'imvura neza kugirango adacengera mu nzu akaba yazisenya, kandi bagasibura inzira z'amazi birinda ko atajya guteza Ibiza mu bishanga.

Abaturage kandi barasabwa guhoma inzu zabo neza, mu rwego rwo kwirinda ko amazi y'imvura yacengera mu nkuta akazisenya.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEAMA kandi yavuze ko hagikusanywa imibare ku byaba byangijwe n'iyo mvura yaguye.




source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abantu-batatu-bakomerekejwe-n-ibiza-ibikorwa-remezo-byinshi-birangirika
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)