Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yatangaje ko kuba kuri iyi nshuro umuganura ugomba kwizihirizwa mu miryango mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, bitari kure y’umuco nyarwanda kuko na mbere imbuto zajyaga ibwami zivuye mu miryango.