Swami Sivananda kuri ubu afite imyaka 128. Yavutse ku ya 8 Kanama 1892, bihuye na pasiporo ye. ubu arasaba Guinness World Records kugirango agenzure ibyo avuga.

Nk’uko raporo nshya ibivuga, abashinzwe pasiporo mu Buhinde bemeje imyaka ya Sivananda.
Swami Sivananda agaragaza urufunguzo rw’ubuzima bwe burebure yavuze ko atigeze arya ibiryo byiza kandi ko atigeze na rimwe mu buzima bwe aryamana n’umugore cyangwa NGO babe bagirana ubundi bucuti bwihariye.

Umusaza w’imyaka 128 yagize ati: “Mbaho ubuzima bworoshye kandi bufite gahunda. Ndya byoroshye, gusa ibiryo bitetse nta mavuta cyangwa ibirungo”.
Sivananda yagize ati: “Nirinze gufata amata cyangwa imbuto kuko numva ari ibiryo byiza. Mu bwana bwanjye, naryamye iminsi myinshi mu nda harimo ubusa ”. Swami ati.

Umuntu ushaje ku isi yagize ati: “icyo namenye ni uko ikintu cy’ingenzi ari ubuzima. Umuntu ashobora gutsinda ikintu icyo ari cyo cyose akoresheje uburere ningeso gusa nanone ukabifashwamo n’ibiryo urya, imyitozo ngororamubiri ukora nuko utekereza. ”

Swami Sivananda yavuze ko yavukiye mu muryango ukennye ababyeyi be bapfuye afite imyaka itandatu, yavukiye mu Buhinde bwabayeho mu gihe cyabakoloni nta mashanyarazi, imodoka cyangwa telefone avuga ko adashishikajwe n’ibishya,ikoranabuhanga kandi ahitamo kuba wenyine.
Umugabo ushaje cyane usaba kwerekana ko kimwe mubyingenzi mubuzima ari uguhuza ibyo ukeneye.
Yavuze ati: “Kugenzura ibyo ukeneye ni uko inyungu nyinshi mu buzima. Ndetse nabayeho igihe kirekire kuko ibintu bifatika bitanshimisha. ”
The post Mubuhinde umukambwe wimyaka 128 aracyari Imanzi appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/mubuhinde-umukambwe-wimyaka-128-aracyari-imanzi/