Rutahizamu mushya w'ikipe ya Gasogi United, Iradukunda Jean Bertrand avuga ko umukinnyi yakuze afata nk'icyitegererezo ari Michel Rusheshangoga bakaba baraje no gukinana.
Mu kiganiro n'ikinyamakuru ISIMBI, Bertrand yavuze ko umukinnyi yakuze afata nk'icyitegererezo cye ari Michel Rusheshangoga kuko yakuze ari we muntu abona azi umupira cyane ko bakuriye mu gace kamwe.
Yagize ati“rero kuko nakuriye i Muhanga dukina umupira, umuntu nakuze mfata nk'icyitegererezo cyanjye ni Michel Rusheshangoga, yari mu bantu bakinnye imbere yanjye rero aho twari dutuye twese twaramwemeraga no ku ishuri bavugaga ko ari we mukinnyi uzi umupira.”
Yakomeje avuga ko abantu badakwiye gutungurwa n'uko ari rutahizamu ariko umukinnyi afata nk'icyitegererezo akina mu bwugarizi ahazwi nko kuri 2 kuko uyu mukinnyi mbere yakinaga na we mu busatirizi.
Yagize ati“oya Michel yahinduye umwanya, mbere yakinaga imbere kuri 7 na 11, yaje guhindura umwanya nyuma, ariko yari azi umupira buri wese yifuzaga kuba nka we.”
Uyu mukinnyi yakuze afata nk'icyitegererezo baje no gukinana, bakinanye mu ikipe ya APR FC ndetse bakaba banakinana mu ikipe y'igihugu.
source https://webrwanda.com/