Patrick uherutse gufatwa ari gusambana na mushiki we yagerageje kwiyahura ntibyamuhira.

webrwanda
0

By Umulisa Fillette

Umugabo witwa Patrick Ayoyi Ajunga uherutse kugaragara muri Video ari gusambana na mushiki we muto yagerageje kwiyahura ariko ntiyapfa. Uyu mugabo wo mu gihugu cya Kenya yatawe muri yombi ubwo video imugaragaza ari gusambana na mushiki we yakwiraga ku mbuga nkoranyambaga. Patrick Ayoyi Ajunga ukomoka muri Kenya yifashe amashusho y’iminota 20 n’amasegonda 15 amugaragaza ari gusambana na mushiki we utarageza imyaka y’ubukure, amashusho akomeje kuvugisha abatari bake muri kiriya Gihugu. 
Nyuma yaje kurekurwa ubwo mama w’uyu mwana yageraga ku biro bya polisi yo mu gace ka Kericho yerekana icyemezo cy’amavuko cy’uyu mukobwa kigaragaza ko afite imyaka y’ubukure ihagije yo kuba yaryamana n’uwo ashaka. Ndetse uyu mubyeyi yongeyeho ko uwo mukobwa atari mushiki wa Patrick ahubwo ko ari mubyara we bityo akaba ntampamvu nimwe ihari yo gufunga Patrick kuko ibyo bakoze atari amahano. Nyuma yo kurekurwa kwa Patrick abaturage bo mu gace atuyemo bakomeje kumwereka urwango ndetse no kumwereka ko ibyo yakoze ari amarorerwa ibyo nibyo byatumye Patrick agerageza kwiyahura ariko ntiyapfa. Patrick akaba avuga ko kwihanganira isoni n’ikimwaro aterwa no kuba video imugaragaza ari gusambana na mushiki we yarakwiye ahantu hose byamunaniye akaba yumva atagishoboye kubana nabyo. Ibi bikaba bibaye nyuma y’uko uyu mwana w’umukobwa we yamaze kwiyahura akaba yaranapfuye. Uyu mukobwa bamusanze yimanitse mu giti akoresheje umugozi ndetse munsi y’umurambo we hari ibaruwa. Ubwo uyu mukobwa yiyahuraga yasize yanditse ibaruwa igira iti:
Mama na Papa, mumbabarire nari mfite gukora ibi, nabakundaga cyane, ubu ubuzima bwahindutse ubudashoboka kuko ubu ndi idayimoni iri kuvugwa n’igihugu cyose, nabasize igisebo mugihe mwari munyitezeho ibyiza, sinkishoboye kubaho muri ubu buryo na rimwe.
Hagati aho inzego z’umutekano zikomeje iperereza kuko hari amakuru avuga ko iyi video nubwo yagaragaye cyane uyu mwaka ariko ishobora kuba yarafashwe mu myaka ine ishize bikaba byerekana ko Patrick yatangiye kuryamana na mushiki we akiri muto atarageza imyaka y’ubukure. Inzego z’umutekano kandi ziracyashakisha umuntu washyize iyi video hanze ndetse n’icyabimuteye. Uyu Patrick akaba afite umugore n’abana 3 ndetse hakaba hari n’amakuru yemeza ko uyu mukobwa atari mubyara we ahubwo ko Patrick amubereye se wabo.
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)