Menya igitera kunyara ku mugore mugore mu gihe cy’imibonanompuzabitsina #rwanda #RwOT

webrwanda
0

kunyara ku mugore mu gihe cy’akabariro ni ingingo benshi bakunze kwibazaho byinshi rimwe na rimwe hagati y’abashakanye bikabaviramo gushwana iyo kidashakiwe ibisubizo.

Mu gitabo “Le point g et l’ejaculation feminine” cyanditswe na Deborah Sundhal, nyuma y’ubushakashatsi yakoze yagaragaje ko abagore bose batanyara kimwe mu gihe cy’akabariro kuko batandukanye nk’uko abantu muri rusange batandukanye.

Kunyara ku mugore biterwa n’ibintu byinshi:

-Imirire ye: Nk’uko n’ubundi byatangajwe haruguru ko umugore azana ayo mazi mu gihe cy’akabariro bitewe n’imiterere y’umubiri we, ni nk’uko abakobwa bose badatangirira rimwe kujya mu mihango, bitewe n’uburyo yariye neza hari abayitangira mu myaka 12 kimwe n’uko hari abayibona bwa mbere muri za 18.

ibi ngo si igitangaza ko umugore ashobora kuba atazana ayo mazi cyane benshi bita ko ari Amavangingo mu myaka 25 cyangwa 30 ariko yazagera hejuru muri za 35 akajya ayazana bidasanzwe, kimwe n’uko hari abaturuka mu bukumi bafite ayo mazi ku kigero cyiza abagabo baba bifuza.

Aya mazi ngo ntabwo aza kubera ko umuntu abyibushye cyangwa ngo ananuke, ahubwo ko n’imisemburo ye y’umubiri ishinzwe kuregera imikorere/imikurire y’imyanya ndangagitsina nayo ngo iba ibifitemo uruhare.

-Umugabo uzi gufasha umugore kuyazana: Bitangazwa ko kunezeza uwo mwashakanye mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bidasaba imbaraga nyinshi ahubwo ko bisaba ubuhanga n’ubwitonzi, by’umwihariko benshi bemeza ko rugongo igira uruhare mu kuboneka kw’aya mazi ndetse ko bisaba umugabo w’inzobere muri iki gikorwa cyangwa se n’umugore uzi kuganira n’umugabo amubwira ahamunyura.

-kuba umugore afite umutekano: Mbere na mbere iyo mu rugo nta mutekano uhari hagati y’abashakanye niyo bakora imibonano mpuzabitsina umwe atishimye ntaho ngo biba bitaniye no gufata ku ngufu, Ntibyoroshye kunyaza umugore urakaye cyangwa uhorana intimba.

-Rugongo (Clitoris): Mu byerekeranye no guhuza ibitsina ku mugore no gushimishwa na byo rugongo iza ku mwanya wa mbere. Rugongo ni inkingi mu gushimishwa n’igitsina ku mugore kandi ni ngombwa ko ikinishwa kugira ngo umugore arangize bitamugoye.

Nyamara ariko aho rugongo iherereye si mu nzira aho igitsina cy’umugabo gica ku buryo kiyikoraho bitagoye, ni yo mpamvu bitoroshye gushimisha umugore bihagije muri positions izo ari zose kuko rugongo iba itakozweho.

Ni ngombwa ko umugabo n’umugore batibagirwa bakibuka ko rugongo ifite akamaro mu byo bakora byose.

-Kunyaza ni ukubyimenyereza: Niba umugore atanyaye uyu munsi ntibivuga ko adashobora kunyara, by’umwihariko uko umugore akura mu myaka ni nako arushaho kubona ayo mazi iyo akora imibonano kenshi, hari abagore bazana amazi make cyane y’igitonyanga bakaba bazi ko ntayo nagira, gusa ngo hari igihe agenda yiyongera buhoro buhoro uko abyimenyereza cyangwa abikorerwa kenshi.

-Kuba yarakunnye akagwiza birafasha: Ni umwihariko ku Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi aho bavuga ko gukuna(guca imyeyo) bigira uruhare mu kunyara ku mugore mu gihe cy’akabariro.

Ikinyamakuru The New Scientist cyasohoye inkuru ku gukuna gukorwa n’abakobwa bo mu Rwanda bakinjira mu bwangavu ngo bituma babyiruka bazi kunezaza abagabo.

Ngo iryo kuna rituma bashobora kugira imishino ireshya nibura na 5cm. Abashakashatsi Marian Koster na Liza Price Bo muri Universite ya Wageningenmu Buholandi babajije abagore 11 n’abagabo 2 mu Rwanda ku byerekeranye n’ibyo gukuna. Bavuga ko abagabo n’abagore babajije bababwiye ko abagore b’abanyarwandakazi bashobora gusohora kurenze kunyara udukari duke iyo ubusanzwe abo bagore bakunnye.

Ababajijwe bavuze ko imishino ifite akamaro kanini mu gutuma umugore aryoherwa n’igitsina no gusohora kunyara.Abagabo benshi muri ibi bihugu byatangajwe haruguru ngo bakunda abagore baciye imyeyo.

Ngo kuba umugore ataraciye imyeyo byahumira ku mirari akaba atananyara mu gihe cy’akabariro ngo ni ikibazo ngo kuko hari ababigenderaho bagata ingo baca inyuma abo bashakanye bakajya gushaka ababyujuje.



source https://www.hillywood.rw/?p=74188
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)