Ikirego cy'abasifuzi barezwe muri RIB, dosiye yageze mu bushinjacyaha

webrwanda
0

Nyuma y'uko umuyobozi wa komisiyo y'abasifuzi mu Rwanda ari we Gasingwa Michel atanze ikirego mu rwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha mu Rwanda ‘RIB' arega bamwe mu basifuzi kuba baramennye amabanga y'akazi, ubu dosiye ya bo yageze mu bugenzacyaha(Pariki.

Gasingwa Michel mbere yo gutanga iki kirego kandi akaba yari yarumvikanye mu itangazamakauru avuga ko RIB ikwiye gukurikirana ikibazo cya ruswa kiri muri komisiyo y'abasifuzi ayobora.

Nyuma akaba yaraje kurega muri RIB kugira ngo amenye uko ayo mabanga y'akazi yasohotse akajya mu itangazamakuru.

Icyo gihe abasifuzi baganiraga ku mukino w'umunsi wa 5 wa shampiyona wahuje Gasogi United na Mukura VS maze Mukura VS iza kuwutsinda ku bitego 2-1, perezida wa Gasogi United, KNC akaba yarumvikanye atishimiye imisifurire y'abasifuzi bayoboye umukino bari bayobowe na Simba Honore.

Simba Honore akaba yarasobanuye ko ibyabaye kuri uyu mukino bahayeho kwibeshya, ibyavugiwe muri iki cyumba byaje kugera mu itangazamakuru ari byo byatumye Michel arega abasifuzi, bivugwa ko abarimo gukurikiranwa ari batatu, Nsabimana Celestin, Nizeyimana Is'haq na Kamanzi Emery.

Aba basifuzi bakaba baraje gutumizwaho na RIB barisobanura ndetse bakaba baramaze gukorerwa dosiye yaranagejejwe mu Bushinjacyaha tariki ya 5 Kamena 2020 nk'uko umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza yabitangarije Radio10.

Yagize ati“ikirego twakiriye cyasinywe na Gasingwa Michel, yatanze ikirego asaba urwego rw'igihugu gukora iperereza ku kibazo yahuye na cyo ko hari inama barimo nyuma abantu bakaza gushyira hanze ibyavuyemo asaba RIB gukora iperereza kugira ngo hamenyekane uko byagenze.”

“Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha bwakoze iperereza, rugira abantu rukurikirana ndetse iperereza ryaranarangiye idosiye yoherejwe mu Bushinjacyaha tariki nya 5 Kamena.”

Gasingwa Michel yatanze ikirego muri RIB

Iki kirego cyatanzwe uyu mugabo akaba yaranenzwe kuba yarasimbutse inzego kuko atakabaye yihutira kugana inkiko mbere yo kugana FERWAFA cyangwa se komisiyo zibishinzwe mu cyane ko bazifite mu basifuzi.

Nizeyimana Is'haq na we mu barezwe muri FERWAFA
Celestin ari mu batumijweho na RIB


source http://isimbi.rw/siporo/ikirego-cy-abasifuzi-barezwe-muri-rib-dosiye-yageze-mu-bushinjacyaha
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)