Amazina akomeye ya muzika arimo kuvuga agahinda nyuma yâurupfu rwa George Floyd.
Mu gihe umujinya nâimyigaragambyo byakwirakwiriye muri Amerika, Beyoncé, Rihanna, na Drake bakoresha ubwamamare bwabo kugira ngo basabe ubutabera mu izina rya George Floyd, umwirabura wâimyaka 46 utagira intwaro wishwe nâumupolisi wera muri Minneapolis.
Beyoncé yasangiye ubutumwa bwâamarangamutima abamukurikirana barenga miliyoni 147. Uyu muhanzikazi yagize ati: âTwese twiboneye ubwicanyi bwe ku manywa yâihanguâ, avuga ku mashusho yâuwahoze ari ofisiye Derek Chauvin, wakandagiye ivi ku ijosi rya Floyd mu gihe cyâiminota icyenda ubwo yatakambaga ati: âsinshobora guhumeka!â
Beyonce yakomeje agira Ati: âTwaravunitse turabyanze. Ntidushobora guhagarika ubu bubabare â. Ati: âNtabwo mvugana nabo duhuje uruhu gusa. Niba uri umuzungu, Umwirabura, cyangwa undi wese, nzi neza ko wumva udafite ibyiringiro byâivanguramoko ribera muri Amerika muri iki gihe. Ntibizongere kwica abantu bidafite ishingiro. Ntabwo dushobora gukomeza kureba abirabura nkaho atari abantu. Ntidushobora gukomeza kurebera. â
Yakomeje agira ati: âGeorge ari mu muryango wacu nkâabantu. Ni umuryango kuko yari umunyamerika mugenzi wacu. Habayeho inshuro nyinshi cyane twabonye ubwo bwicanyi bukabije kandi nta ngaruka. Yego, hari umuntu washinjwaga ariko ubutabera ntibugerwaho. â Beyoncé yasangiye ubutumwa bwâamarangamutima abamukurikirana barenga miliyoni 147.
Yasabye abakunzi be gushyira umukono ku cyifuzo cya Change.org kandi âbakomeje gusengera amahoro, impuhwe, no gukiza igihugu .â Iki cyifuzo gifite imikono irenga miliyoni 7, kikaba aricyo cyiyongera cyane muri Amerika mumateka ya Change.org.
Â
http://dlvr.it/RXwqY5
Amagambo Beyonce, yavuze kurupfu rwa George Floyd wishwe na Polisi, yateye benshi ikiniga, yasabye amasengesho kuri Amerika
June 03, 2020
0