Rutahizamu w'Umurundi wakiniraga ikipe ya Musanze FC, Shabani Hussein Tchabalala yamaze kwerekeza muri Al Merreikh yo muri Sudani y'Epfo ariko ikina shampiyona y'u Rwanda.
Byemejwe n'ikipe ya Musanze FC yavuze ko yagurishije uyu rutahizamu uri mu bahagaze neza muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda.
Mu itangazo yasohoye yagize iti 'Twumvikanye na El Merriekh SC Bentiu ku igurwa rya Shaban Hussein."
Musanze FC ikaba yishyuwe miliyoni 20 z'amafaranga y'u Rwanda kugira ngo yemere kurekura inkingi ya mwamba mu busatirizi bwayo wari usigaranye amezi 6 ku masezerano ye.
Tchabalala akaba yarakinnye umukino we wa nyuma muri Musanze FC ku Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2025 ubwo Musanze FC yatsindaga Marines FC 3-1, akaba yaratsinzemo ibitego 2.
Shabani Hussein Tchabalala akaba amaze gukinira amakipe atandukanye mu Rwanda kuva 2016 yagera mu Rwanda, yakiniye Amagaju, Rayon Sports, Bugesera FC, AS Kigali na Musanze FC yakiniraga.
Source : http://isimbi.rw/tchabalala-yatanzweho-akayabo-yerekeza-mu-al-merreikh.html