Tiamo Lounge ikomeje kwigaragaza nk'igicumbi cy'imyidagaduro i Kigali, aho ikurura imbaga y'abakunzi b'umuziki n'imbyino bifuza kwidagadura mu buryo buhanitse. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2026, ku munsi wa Boxing Day, iyi lounge iraba ihagaze neza yakira ibirori bikomeye byitezweho kuzana ibyishimo n'udushya twinshi.
Guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba (6:00 PM), Tiamo Lounge iraba yuzuye, imbyino zidasanzwe n'umwuka w'ibirori utajya wibagirana kuri bo dore ko na serivisi ari ibintu byabo. Abahanzi n'abavanga imiziki (DJs) barasusurutsa abaraba biitabiriye ni Chelina Doll, umunyabigwi ku rwego mpuzamahanga uzwiho guhuza Afro House n'imiziki ya Electronic nk'umu-hoster, afatanyije na DJ Caspi, umwe mu bakunzwe mu gihugu cy'u Rwanda ndetse no hanze yarwo kubera uburyo ashyushya abantu ku rubyiniro mu buryo bwo kuvanga imiziki.
Si ibyo gusa, kuko Lou na Inno na bo baraba bahari bongera umwihariko muri iri joro, bashyira abitabiriye mu mwuka wo kwizihiza Boxing Day mu buryo bwihariye. Ibi birori bitegerejwe n'abantu b'ingeri zose, yaba abakunzi b'umuziki mu buryo bwo kubyina, abakunda gusohokana n'inshuti, ndetse n'abashaka gusoza iminsi mikuru bishimye.
Tiamo Lounge yiyemeje gutanga serivisi yo ku rwego rwo hejuru, harimo ibinyobwa byiza, n'ibyo kurya by'amoko atandukanye, no kuba bafite ahantu heza ho kwidagadurira. Ku munsi wa Boxing Day, nta handi wakwifuza kuba uri uretse 'Tiamo Lounge', aho umuziki, imbyino n'ibyishimo biraza guhurira bikabyara ijoro ritazibagirana.

Source : https://kasukumedia.com/tiamo-lounge-irahinduka-isibaniro-rikomeye-kuri-uyu-munsi-wa-boxing-day/