Barack Obama yongeye gusangiza Isi indirimbo zamushimishije cyane mu mwaka wa 2025 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yashyize ahagaragara urutonde rw'indirimbo zamunyuze cyane mu mwaka wa 2025, amaze igihe kinini agira asangiza abantu indirimbo zamunyuze, yakunze mu myidagaduro buri mpera z'umwaka.

Nk'uko bisanzwe, Obama akoresha imbuga nkoranyambaga ze zirimo X (yahoze ari Twitter) na Instagram, akagaragaza uko umwaka wamugendekeye mu bijyanye n'umuco n'imyidagaduro, by'umwihariko umuziki, filime n'ibitabo byamukoze ku mutima. Ibi bikorwa byakiriwe neza n'abantu benshi ku Isi hose, kuko bigaragaza uruhande rwe nk'umuntu ukunda umuco kandi uha agaciro impano zitandukanye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga ze, Obama yavuze ko urutonde rwo muri uyu mwaka rugizwe n'indirimbo zinyuranye mu njyana, zirimo hip-hop, pop, R&B, K-pop ndetse n'umuziki wo hirya no hino ku Isi. Yagaragaje ko izi ndirimbo zitamushimishije gusa, ahubwo zanamuherekeje mu bihe bitandukanye by'umwaka, zimufasha kuruhuka no gutekereza neza.

Ibi byongeye kugaragaza ko Obama adakunda umuziki mu njyana imwe gusa, ahubwo yiyumvamo ibihangano biva mu mico itandukanye, bikagaragaza ubumwe bw'abantu binyuze mu bihangano. Abakunzi be ndetse n'abahanzi batandukanye bakomeje kugaragaza ibyishimo byabo, bamwe bishimira kubona indirimbo zabo ziri kuri uru rutonde.

Uyu muco Obama yakomeje ushishikariza benshi gukunda umuziki nk'ururimi rusange ruhuza abantu, kandi buri mwaka ugategerezwa na benshi bashaka kumenya ibyo uyu munyapolitiki w'icyitegererezo yaba yarakunze.

Barack Obama yongeye gusangiza Isi indirimbo zamushimishije cyane mu mwaka wa 2025



Source : https://kasukumedia.com/barack-obama-yongeye-gusangiza-isi-indirimbo-zamushimishije-cyane-mu-mwaka-wa-2025/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)