Aya masezerano yashyiriweho umukono muri i New York ku wa 28 Nzeri 2025.
Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda bugaragaza ko amasezerano yasinywe na ba Minisitiri ku mpande zombi bari mu Nteko Rusange ya Loni ya 80.
Ni nyuma y'uko ku wa 23 Nzeri 2025, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Misiri, agirana ibiganiro na mugenzi we Abdel Fattah Al-Sisi, bisiga hasinzwe amasezerano arimo ayo guteza imbere ishoramari hagati y'impande zombi, imicungire y'amazi, guhana ubutaka ku mpande zombi, no guteza imbere imijyi n'imiturire.
U Rwanda na Misiri kandi muri Kanama 2024 byasinye amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ubucuruzi n'andi yasinywe kuri uyu wa 12 Kanama 2024.
U Rwanda rusanzwe rwarakuyeho kwaka visa Abanyafurika bose bashaka kurwinjiramo hagamijwe guteza imbere ubuhahirane no koroshya ingendo ku mugabane wose.
Ibihugu byombi kandi bifitanye amasezerano atandukanye mu nzego zirimo tekiniki, iterambere ry'inganda n'ubucuruzi, ubuhinzi, uburezi, urubyiruko, ubuzima, ubutwererane mu bya gisirikare n'ibindi.
Mu 2017, Perezida wa Misiri Abdel Fatah Al Sissi yasuye u Rwanda mu ruzinduko rwari rugamije gutsura umubano w'ibihugu byombi.
U Rwanda na Misiri kandi bihurira mu isoko rusange rihuza ibihugu byo mu Burasirazuba no mu Majyepfo ya Afurika (COMESA), ryemerera ibihugu birigize kohererezanya ibicuruzwa nta misoro.
Ubutwererane bw'u Rwanda na Misiri ni ubw'igihe kirekire kuko icyo gihugu gifite ambasade yacyo i Kigali kuva mu 1976 mu gihe iy'u Rwanda i Cairo yongeye gufungurwa muri Werurwe 2015.
U Rwanda kandi rwasinye amasezerano yo gufatanya mu byerekeye ingendo z'indege azwi nka 'Bilateral Air Service Agreement (BASA) na Trinidad et Tobago.


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-misiri-byakuriranyeho-visa-ku-baturage-babyo