Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 25 Nzeri 2025 ubwo impande zombi zitabiraga Inama Mpuzamahanga y'Umuryango ushinzwe Indege za gisivili, ICAO, iheruka kubera i Monreal muri Canada.
U Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi w'u Rwanda muri Canada, Higiro Prosper, mu gihe Maroc yari ihagarariwe na Minisitiri w'Ubwikorezi, Abdessamad Kayouh ari na bo bashyize umukono kuri ayo masezerano.
Ku ruhande rwa Maroc igaragaza ko ifite gahunda yo guhuza Umugabane wa Afurika mu by'ingendo kandi ko ayo masezerano ayifungurira amahirwe mashya na serivisi nshya muri Afurika y'Iburasirazuba.
Sosiyete y'Indege yo muri Maroc, Air Marocco kuri ubu ikorera mu bihugu 27 bya Afurika buri munsi aho nibura ikora ingendo 600 mu cyumweru.
Minisitiri Abdessamad Kayouh yavuze ko intego za Minisiteri ayoboye ari ugukuba kabiri umubare w'abagenzi sosiyete yabo itwara, bakava kuri miliyoni 40 bakagera kuri miliyoni 80 bitarenze mu 2030.
Ambasaderi Higiro Prosper na we yavuze ko ayo masezerano ari intambwe nziza ndetse ashimangira ko ubufatanye hagati y'impande zombi mu bijyanye n'ubwikorezi bwo mu kirere ari intambwe ikomeye.
Ati 'Ni intambwe ifungurira amahirwe mashya y'imikoranire mu by'indege za gisivili.'
Yavuze ko bizafasha u Rwanda kwagura sosiyete yayo ya RwandAir no kwihutisha iyubakwa ry'Ikibuga Mpuzamahanga cya Kigali kiri kubakwa mu Karere ka Bugesera gifite ubushobozi bwo kuzajya cyakira abagenzi barenga miliyoni 14 buri mwaka.
