Byagarutsweho ku wa 27 Kamena 2025, ubwo REB yisobanuraga ku makosa yagaragaye muri raporo y'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta y'umwaka warangiye muri Kamena 2024.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y'Imari n'Umutungo by'Igihugu (PAC) yagaragaje impungenge za mudasobwa zibwe mu mashuri, igaragaza ko bikoma mu nkokora gahunda yatumye zitangwa.
Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri REB, Sengati Uwasenga Diane, yavuze ko mudasobwa zibwe bagerageza kuzigaruza.
Ati 'Muri mudasobwa 86 zibwe 14 ni zo zimaze kugaruzwa, ariko twari twarakozwe n'inama zitandukanye n'abayobozi b'amashuri.'
Muri GS Kayonza bibyemo ebyiri, abazamu bakaba ari bo bategetswe kuzishyura, na ho Mukarange hibwe 24 ariko hishyurwa 11.
I Nyabihu hibwe mudasobwa 30 ariko hishyuwe mudasobwa ebyiri gusa.
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mudasobwa-86-zibwe-mu-mashuri-video