Ahavaga toni 8 hari kuva izirenga 30: Imbuto z'ibirayi zigezweho zahinduye ubuzima i Musanze - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Imbuto aba bahinzi bari kwishimira ko yera cyane bazihawe n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi (RAB) n'abafatanyabikorwa bacyo.

Umuyobozi wa Koperative Dukomezubuzima, Sinzabaheza Jean Damascene, yavuze ko bashimishijwe no kuba barahawe imbuto zigezweho zibasha gutanga umusaruro mwinshi zinihanganira imihindagurikire y'ibihe.

Yagize ati 'Nk'abantu bafite ubumuga twanze gukomeza kuba umutwaro kuri leta duhitamo kwibumbira hamwe, dukora ubuhinzi. Izi mbuto zigezweho zizadufasha kwihuta mu iterambere. Mbere kuri hegitari imwe twasaruraga toni ziri hagati y'umunani na 12 ariko ubu nyuma yo guhinga iyi mbuto turi gusarura toni ziri hagati hagati ya 30 na 40.'

Ntabanganyimana Dorothée utuye mu Murenge wa Kinigi yavuze ko kuba umunyamuryango wa Koperative Dukomezubuzima byamuhinduriye ubuzima akiteza imbere binyuze mu bufatanye bw'Abanyamuryango.

Ati 'Ubu mfite inyana nakuye muri iyi koperative kandi nkurikije umusaruro dutangiye kubona nyuma yo guhinga iyi mbuto igezweho nizeye ko bigiye kuba byiza kurushaho.'

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga no guhanga udushya mu Ihuriro ry'Ibigo bikora ubushakashatsi mu buhinzi byo muri Afurika y'Iburasirazuba no Hagati, Joshua Okonya, yavuze ko bishimiye ko imbuto batanze yeze neza ndetse ko yatanze umusaruro mwinshi ugereranyije n'uko bari babyiteze.

Umushakashatsi muri RAB, Dr. Nduwayezu Anastase, yavuze ko mu moko 11 y'ibirayi baherutse kumurika ubwoko bwa Cyerekezo na Ndamira buri mu bwagaragaje ko butanga umusaruro mwinshi ndetse bukanihanganira ubushyuhe n'ubukonje kuko bushobora kwera mu tundi turere dutandukanye tw'igihugu.

Dr. Nduwayezu yavuze ko hari andi moko abiri y'imbuto zigezweho bari kugerageza kugira ngo zizaze kunganira izisanzwe zihari mu rwego rwo gukomeza kongera umusaruro w'ibirayi.

Yavuze ko batangiye gukora imbuto zikorewe mu Rwanda ku buryo mu myaka iri imbere bitazaba ari ngombwa gutumiza imbuto z'ibirayi mu mahanga.

Imibare ya RAB igaragaza ko ubwoko bwa Cyerekezo iyo buhinzwe bukitabwaho neza bushobora gutanga umusaruro ungana na toni 30 kuri hegitare mu gihe Ndamira ishobora no kwera mu Burasirazuba itanga toni hagati ya 25 na 30 kuri hegitari naho imbuto yitwa Kazeneza yo itanga hagati ya toni 30 na 40 kuri hegitari.

Umugozi umwe w'ibirayi ishobora kuvaho ibilo birenga bibiri
Umuyobozi wa Koperative Dukomezubuzima yavuze ko aho bahinze ibilo 180 bahasaruye toni imwe n'igice
Kuri meterokare imwe hasarurwa hagati y'ibiro bitandatu n'umunani
Ab'i Musanze bari mu byishimo ku bw'imbuto nshya bahawe yera cyane
Imbuto igezweho yahinzwe ibasha kwihanganira imihindagurikire y'ibihe
Ahasarurwaga toni 8 z'ibirayi ubu hari kuva toni 30 nyuma yo guhinga imbuto igezweho
Abahinzi bibumbiye muri Koperative Dukomezubuzima ihereye mu Karere ka Musanze bishimira umusaruro babonye nyuma yo guhinga imbuto igezweho



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ahavaga-toni-8-hari-kuva-izirenga-30-imyato-y-ab-i-musanze-ku-mbuto-z-ibirayi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)