Uruhisho rwa Cogebanque muri Tour du Rwanda 2023 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Tour du Rwanda igiye kwitabirwa n'abakinnyi 100 bibumbiye mu makipe 20 arimo abiri y'u Rwanda; Team Rwanda na May Stars. Iteganyijwe ku wa 19-26 Gashyantare 2023.

Mu bazaherekeza Tour du Rwanda ku isonga hari Banki y'Ubucuruzi ya Cogebanque, imaze igihe ishyigikira iri rushanwa riri ku ruhembe rwo kumenyekanisha ibyiza by'u Rwanda.

Usibye kuba umuterankunga w'imena, Cogebanque ni yo ihemba umukinnyi mwiza uzamuka kurusha abandi kuri buri étape ya Tour du Rwanda.

Iyamuremye Antoine Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque yabwiye IGIHE ko muri Tour du Rwanda iyi banki izarushaho kwegera abakiliya bayo, ibizeza gutekana, kwaguka no gutera imbere.

Yagize ati 'Muri buri mujyi aho Tour du Rwanda izajya, ahasorezwa buri gace tuzegereza abaturarwanda uburyo bubafasha gufungura konti, kuzigama no gukoresha ikoranabuhanga bagatsindira ibihembo bitandukanye.'

Muri iki gihe cy'irushanwa rizamara iminsi umunani, hazanakomezwa Ubukangurambaga 'Tugendane' bwatangijwe mu ntangiriro za Gashyantare 2023 mu gufasha abaturarwanda kugera kuri serivisi z'imari nk'inzira igana ku bukungu buhamye.

Iyamuremye yavuze ko muri ubu bukangurambaga bashyizemo ibihembo by'amagare mu guteza imbere siporo.

Yakomeje ati 'Mu bihembo harimo amagare ya siporo meza. Icyo twifuriza abakiliya bacu ni ukugira ubuzima bwiza, kuko utakorana na bo batabufite. Impamvu tujya muri Tour du Rwanda ni uguteza imbere siporo tunifuriza abafatanyabikorwa bacu ubuzima bwiza.'

'Ibi bihembo rero uretse moto harimo n'amagare ya siporo, amafaranga, ibikoresho byo mu rugo twizera ko mu gihe cya Tour du Rwanda hazabaho udushya kuko tuzaba dufitemo n'abahanzi tukazagira n'ishami rya banki tugendana.'

Ubukangurambaga bwa 'Tugendane' buzamara amezi abiri. Bwifashishwa mu gushishikariza abakiliya kubitsa, kuzigama no kurushaho gukoresha serivisi z'ikoranabuhanga.

Ku muntu ushaka gukoresha ikoranabuhanga rya Cogebanque afite telefoni ntoya akoresha *505# akabona serivisi yifuza mu gihe abafite izigezweho bakoresha porogaramu ya banki yitwa 'Coge mBank' ishyirwa muri telefoni.

Igishya muri uyu mwaka ni uko ibihembo byongerewe ndetse bizajya bitangwa buri kwezi, aba-agents ba banki na bo bashyirwa mu bazahembwa ibirimo amafaranga, ibikoresho by'ikoranabuhanga n'ibindi.

Ibihembo biteganyijwe ku bakiliya birimo moto, amagare ya siporo, ibikoresho byo mu nzu nka televiziyo, frigo, telefoni zigezweho, amafaranga n'ibindi.

Cogebanque igiye guherekeza Tour du Rwanda ku nshuro ya 12. Ni nyuma y'uko mu Ugushyingo yo n'Ishyirahamwe ry'Umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, FERWACY, byashyize umukono ku masezerano y'imyaka itatu azatuma ikomeza gutera inkunga iri rushanwa.

Kuva yatangira gukorera mu Rwanda, Cogebanque imaze kuhagira amashami 28 ayifasha kugeza serivisi ku bayigana. Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bafasha abayigana gufunguza konti, kubitsa no kubikuza.

Inatanga izindi serivisi zirimo izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking, SchoolGEAR Ikarita ya Smart cash ndetse n'amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) yifashishwa mu kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.

Indi nkuru wasoma: Cogebanque yatangije ubukangurambaga 'Tugendane', ishimira indashyikirwa mu gukoresha ikoranabuhanga

Antoine Iyamuremye Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque yavuze ko muri Tour du Rwanda 2023 bazarushaho kwegera abakiliya no kubafasha kwaguka mu byo bakora, bakiteza imbere



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uruhisho-rwa-cogebanque-muri-tour-du-rwanda-2023

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)