Paris Saint-Germain yemeje ko Kylian Mbapp a... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikipe ya Paris Saint-Germain yamaze kwemeza ko umwe mu bakinnyi 3 bakomeye bakina imbere atazagaragara mu mukino ukomeye ubanza, bafitanye n'ikipe yo mu gihugu cy'u Budage ariyo Bayern Munich. Iyi ni imikino ya Champions League yo muri 1/8, izatangira gukinwa muri uku kwezi kwa 02.

Kylian Mbappé yaraye avunikiye mu mukino Paris Saint-Germain yaraye itsinzemo Montpellier ibitego 3-1, ni mu mikino yo ku munsi wa 21 ya shampiyona y'u Bufaransa. Uyu mukinnyi byatangiye arata penariti inshuro ebyiri, mu minota ya mbere y'umukino.


Kylian Mbappé nyuma yo kuvunika yahise akurwa mu kibuga

Ku munota wa 21 umukinnyi ukina hagati muri Montpellier witwa Leo Leroy yateze Kylian Mbappé, bituma akurwa mu kibuga igitaraganya kubera imvune yagize mu ivi, ahita asimburwa na Hugo Ekitike.

Nyuma y'umukino umutoza wa Paris Saint-Germain Christophe Galtier yavuze ko imvune ya Kylian Mbappe itabateye ubwoba bitewe n'uko idakanganye, ariko kugeza ubu Paris Saint-Germain yamaze kwemeza ko agiye kumara hanze y'ikibuga iby'umweru 3 nyuma y'uko akorewe ibizami uyu munsi mu gitondo. 

Usibye umukino wa Bayern Munich  uyu mukinnyi atazagaragaramo kuri 14 z'uku kwezi, kandi hari n'indi mikino yo muri shampiyona, harimo nk'uwa Toulouse, Monaco na Lille.


Umukinnyi wavunnye Kylian Mbappé






Source : https://inyarwanda.com/inkuru/125651/paris-saint-germain-yemeje-ko-kylian-mbappe-atazakina-champions-league-125651.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)