Hatangajwe umubare w'amafaranga u Rwanda rwinjije muri CHOGM #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka, yabwiye abanyamakuru ko uko inama u Rwanda rwakira ziba nyinshi, ari nako abantu bazitabira baba benshi.

Ni ibintu bitashobokaga mu myaka ibiri ishize kuko icyorezo cya Covid-19 cyatumye imipaka ifungwa.

Kageruka yagize ati "Icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubukerarugendo, aho imibare yacu yagabanutse hejuru ya 70%. Ariko ubu imibare irerekana icyizere cyo kuzahuka. Inyungu y'umwaka ushize ugereranyije n'umwaka wabanje yazamutseho 25%, aho yavuye kuri miliyoni $131 igera ku $164."

"U Rwanda kandi rwagize izahuka rya 80% kugeza muri Kamena uyu mwaka ugereranyije n'igihe nk'icyo mu 2018 kuko twabonye miliyoni $168, nyamara mu gihe nk'icyo twari twabonyemo miliyoni $209."

Yavuze ko u Rwanda rwakomeje kwakira ibikorwa byinshi ndetse n'inama birimo BAL, CHOGM n'irushanwa rya Ironman riheruka kubera i Rubavu.

Kageruka yakomeje ati "Ibi bikorwa n'ibindi byitabiriwe n'abantu benshi, ndetse byinjiza miliyoni nyinshi mu bukungu bw'igihugu. By'umwihariko, CHOGM yinjije miliyoni 17 mu bukungu bwacu."

Iyi nama yabaye ku wa 20-26 Kamena yitabirwa n'abantu basaga 4000.

Ivomo:Igihe



Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/Hatangajwe-umubare-w-amafaranga-u-Rwanda-rwinjije-muri-CHOGM

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)