Dr Sabin Nsanzimana yahawe umwaya wo kuyobora Ibitaro bya Kaminuza bya Butare #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w'Intebe, rivuga ko Dr Sabin Nsanzimana agizwe Umuyobozi mukuru w'Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), guhera ku itariki 03 Gashyantare 2022.

Ku wa 7 Ukuboza 2021 ni bwo Ibiro bya Minisitiri w'Intebe byatangaje ko Dr Nsanzimana Sabin yahagaritswe by'agateganyo ku mwanya w'Umuyobozi wa RBC. Ntabwo impamvu zatumye ahagarikwa by'agateganyo zigezwe zitangazwa.

Kuri ubu Dr Nsanzimana yamaze guhabwa inshingano nshya zo kuba Umuyobozi Mukuru wa CHUB. Ibaruwa imumenyesha imirimo mishya yahawe yayishyikirijwe ku wa 3 Gashyantare 2022.

Uyu mwanya Dr Nsanzimana ahawe ugenerwa umushahara wa 2 094 795 Frw hataravamo umusoro. Amafaranga uwurimo afata mu ntoki ni 1 578 000 Frw ariko hatabariwemo ay'ibintu bitandukanye yemererwa n'amategeko.

Muri Nyakanga 2019 ni bwo Dr Sabin Nsanzimana yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RBC asimbuye Dr Condo Jeannine.

Dr. Nsanzimana afite ubunararibonye mu bijyanye na Porogaramu zo kurwanya Sida, gukora igenamigambi muri iyo ngeri n'ubushakashatsi ku bufasha bukwiriye guhabwa abantu babana n'iyi virusi.

Afite Masters Degree mu bijyanye n'indwara z'ibyorezo yakuye muri Kaminuza y'u Rwanda ndetse afite n'Impamyabumenyi y'Ikirenga yakuye muri Kaminuza ya Basel mu Busuwisi muri iyo ngeri.

Yabaye umwarimu wungirije muri Kaminuza y'Ubuvuzi rusange, UGHE, ndetse yigishije no muri Kaminuza y'u Rwanda.



Source : https://imirasire.com/?Dr-Sabin-Nsanzimana-yahawe-umwaya-wo-kuyobora-Ibitaro-bya-Kaminuza-bya-Butare

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)