Umukinnyi wa Filimi Bijoux yasabwe anakobwa n'umuhanzi utuye I Burayi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukinnyi wa filime,Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri filime y'uruhererekane ya Bamenya, yasabwe ndetse anakobwa n'umukunzi we witwa Lionel Sentore.

Ubu bukwe bwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Mutarama 2022 bukaba bwabereye Golden Garden ku i Rebero.

Nyuma y'umuhango wo gusaba no gukwa, byitezwe ko ku gisamunsi cy'uyu wa Gatandatu basezerana imbere y'Imana mu rusengero rwa EAR i Remera, nyuma abatumiwe bakaza kwakirirwa muri Golden Garden, Rebero.

Bakoze ubukwe nyuma y'uko ku mugoroba wo ku wa ya 16 Ukuboza 2021, muri Kigali Serena Hotel, Lionel Sentore yari yamwambitse impeta y'urukundo, ni mu muhango wahuriranye n'isabukuru y'amavuko y'uyu mukobwa.

Lionel Sentore usanzwe uririmba injyana gakondo,akoze ubukwe na Bijoux nyuma y'uko muri 2020 na we yari yambitse impeta Mahoro Anesie umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda 2020.



Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/umukinnyi-wa-filimi-bijoux-yasabwe-anakobwa-n-umuhanzi-utuye-i-burayi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)