Radio&TV 10 birangiye ibuze undi munyamakuru ukomeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamakuru wa Siporo, wakunzwe cyane kuri Radio 10 Kalisa Bruno Taifa,na we yasezeye, aho bivugwa ko yagiye kwiyunga kuri Sam Karenzi na Horaho Axel bazajya bakorana Ikiganiro 'Urukiko rw'Ubujurire' kuri Fine FM.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Ukwakira 2021, ni bwo kuri Fine FM hatangiye kumvikana ikiganiro cy'imikino cyiswe 'Urukiko rw'Ubujurire'.

Mu minota igera kuri 30 y'iki kiganiro cya mbere, Horaho Axel wakoze wenyine, yavuze ko bagenzi be batabonetse kubera ko hari ibyo bagitunganya, ariko guhera uyu munsi kuwa Kabiri bose bazaba bahari.

Ati 'Icyo nababwira ni uko ikiganiro kizajya kiba kuva saa Yine kugeza saa Saba. Abacamanza bose barahari uko bakabaye n'ubusesenguzi bwiza cyane.'

'Gahunda y'uyu munsi kwari ukuza kubasuhuza, tukababwira uko gahunda zimeze, tubararikira ko ku munsi w'ejo ari bwo tuzafungura neza Urukiko ku mugaragaro, abacamanza bose; Bruno Taifa, Sam Karenzi tuzaba turi kumwe.'

Bruno Taifa yiyunze kuri aba bagenzi be bakoranaga mu gihe byari byitezwe ko yitabira akazi kuri Radio 10 kuri uyu wa mbere  birangira atagiyeyo.



Source : https://yegob.rw/radiotv-10-birangiye-ibuze-undi-munyamakuru-ukomeye/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)