Nyaruguru: Postes de Santé zakoze zidafitanye amasezerano na RSSB zigiye kwishyurwa Miliyoni 28 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu 2019 mu Karere ka Nyaruguru hari ba Rwiyemezamirimo bahawe Postes de Sante mu mirenge ya Ruheru, Kivu, Muganza na Busanze kugira ngo batange serivise z’ubuvuzi ku baturage.

Icyo gihe bagiranye amasezerano n’Akarere ka Nyaruguru batangira kuvura abaturage biganjemo abakoresha ubwisungane mu kwivuza, mutuelle de santé.

Mu 2020 batangiye kugaragaza ikibazo cy’uko bari mu gihirahiro kuko iyo basabye kwishyurwa amafaranga y’ubwishingizi bw’abaturage, Akarere kababwira ko bazayahabwa na RSSB, nayo ikababwira ko nta masezerano bafitanye.

Umwe muri bo avuga ko bamaze amezi agera kuri 12 bavura abaturage kandi bagiranye amasezerano n’Akarere ka Nyaruguru ariko akibaza impamvu katabishyura.

Ati “Ni ukuvuga ngo twakoze umwaka wose tuvura abaturage, akarere katubwiye ko nitujya gusinyana amasezerano na RSSB bazahera igihe twatangiriye, ariko irabyanga.”

Bagaragaje ko bafitenye inyandiko n’Akarere ka Nyaruguru ibemerera gukora ariko uko kutishyurwa byabahombeje n’ubwo batahagaritse gutanga serivise.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru, Gashema Janvier, yavuze ko basesenguye icyo kibazo, bakiyemeza kwishyura ayo mafaranga.

Ati “Nk’abaturage bacu twemeye kubishyurira, izo nyemezabwishyu twarazisuzumye tubona umwenda ugera mu mafaranga miliyoni 28 tugomba kubishyura. Inama Njyanama yamaze kwemeza uwo mwenda, igisigaye turimo kuyashaka mu ngengo y’imari y’akarere kugira ngo yishyurwe. Nabamara impungenge ko bazayabona vuba.”

Kuva amasezerano abo ba Rwiyemezamirimo bari bafianye n’akarere ka Nyaruguru yarangira mu Ukwakira 2020, kuri ubu abafite mu nshingano izo Postes de Santé bahise basinyana andi na RSSB kugira ngi ijye ibishyura.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru, Gashema Janvier, yavuze ko basesenguye ikibazo bakiyemeza kwishyura ba rwiyemezamirimo

[email protected]




source : https://ift.tt/3lF91zK
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)