
Hagendewe kuri Lisiti yasohowe na Komisiyo y'Igihugu y'Amatora y'agateganyo, mu turere turindwi tugize Intara y'Iburasirazuba, dutatu ni two dushobora kuzagumana abayobozi batwo naho utundi tune bahinduke.
Uturere tuzayoborwa n'abayobozi bashya kubera ko abari bahari basoje igihe cyabo (mandat) ni Kirehe na Ngoma.
Muzungu Gerald yatangiye kuyobora Akarere ka Kirehe ku wa 23 Ukuboza 2014, yongera gutorerwa kukayobora mu mwaka wa 2016.
Muzungu Gerald yari ayoboye muri manda ebyiri, bityo itegeko ntirimwemerera kongera kwiyamamaza.
Ni mu gihe kandi nanone Nambaje Aphrodis yayoboye Akarere ka Ngoma guhera tariki ya 31 Gicurasi 2012 asimbuye Niyotwagira François wari umaze kwegura.
Nambaje na we yayoboye muri manda ebyiri, akaba atemerewe kongera kwiyamamariza kuyobora Akarere.
Ku rundi ruhande, hari uturere tubiri tugiye guhabwa abayobozi bashya nyamara abari batuyoboye barayoboye muri manda imwe gusa.
Murenzi Jean Claude yayoboye Akarere ka Kayonza mu matora yo mu mwaka wa 2016, akaba yari amaze imyaka itanu.
Yari yemerewe kongera kwiyamamariza kuyobora Akarere ka Kayonza ariko kuri lisiti y'agateganyo yasohowe na Komisiyo y'amatora ntagaragaraho.
Nyamara ariko abari abayobozi bungirije muri ako Karere uko ari babiri bo baragarara ku rutonde rw'abaziyamamaza bivuze ko bashobora gukomeza kuyobora.
Mushabe David Claudian yabaye umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare ku wa 29 Kamena 2018 asimbuye Mupenzi George wari umaze kwegura hamwe n'abo bari bafatanyije bose.
Mushabe na Rurangwa Stephen wari ushinzwe ubukungu ntibagaragara ku rutonde rw'abaziyamamaza, bivuze ko batazagaruka mu buyobozi bw'Akarere n'ubwo bari barayoboye muri manda imwe.
Uturere dushobora kongera gusubirana abayobozi batwo ni Gatsibo ariko nabwo Gasana Richard akaba ashobora guhabwa abamwungiriza bashya.
Gasana Richard yatangiye kuyobora Akarere ka Gatsibo mu mwaka wa 2015 bivuze ko yakoze mu yindi manda.
Umuhuzabikorwa w'amatora mu ntara y'Iburasirazuba Kayiranga Rwigamba Frank avuga ko iyo Gasana aza kuba yarakoze umwaka wose muri manda yabanje atari kwemererwa kongera kwiyamamaza.
Ati “Kugira ngo umuntu atongera kwiyamamaza bisaba ko aba yarakoze umwaka wose mu yindi manda, nka Gasana rero ntabwo umwaka wageze kandi n'aya mezi yarenzeho kuri iyi manda ntabwo yabazwe.”
Rwamagana na Bugesera na bo bashobora kugumana ba Meya bari basanganywe kuko Mbonyumuvunyi wakunze kwitwara neza mu kwesa imihigo ndetse na Mutabazi Richard bagaragara ku rutonde rw'abaziyamamaza.

source : https://ift.tt/3nyxRkx