Ni umuhango waranzwe n'amarira menshi ku bo mu muryango we barimo abagore be ndetse n'abana be babiri, inshuti ze zirimo n'abahanzi ndetse n'abafana be baje ari benshi bakagaragaza urukundo bamye bamukunda kuva kera bakamuherekeza i Rusororo. InyaRwanda Tv twabafatiye amashusho akwereka uko byari bimeze mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Jay Polly ndetse n'ayo mu muhango wo gushyingura uyu muhanzi benshi bafataga nk'umwami wa Hiphop mu Rwanda bitewe n'uruhare rukomeye yagize mu guharanira iterambere ry'iyi njyana mu rwa Gasabo.
REBA HANO UKO BYARI BIMEZE MU GUSEZERA BWA NYUMA KURI JAY POLLY
VIDEO: Iradukunda Jean de Dieu - InyaRwanda Tv