Umuturage w' i Rulindo yacakiwe na Polisi afite udupfunyika 1000 tw' urumogi #rwanda #RwOT

webrwanda
0
    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 08 Nzeri 2021, mu Mudugudu wa Gisiza , Akagari ka Kabuga ko mu Murenge wa Masoro , uherereye mu Karere ka Rulindo , ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ndetse n' izindi nzego z' umutekano zahafatiye umugabo wari ufite udupfunyika 1, 000 tw' urumogi.
    Nk' uko urubuga rwa Polisi y' u Rwanda dukesha aya makuru rubivuga uyu wafashwe yitwa Nizerayesu Jean Claude w'imyaka 26 y' amavuko , yafatanwe udupfunyika 1,000 tw'urumogi
    Umuyobozi wa Polisi w'agateganyo mu Karere ka Rulindo, Chief Inspector of Police (CIP) Pacifique Semahame Gakwisi yavuze ko Nizerayesu yafashwe ubwo yari ajyanye urwo rumogi ku mukiriya we utuye mu mudugudu wa Gisiza.
    Yagize ati 'Abaturage batanze amakuru ko Nizerayesu acuruza urumogi, tariki ya 8 Nzeri bamubonye ku mugoroba saa kumi n'imwe afite igikarito baramucyeka bahita batanga amakuru.Bahise babimenyesha abayobozi mu nzego z'ibanze nabo babimenyesha Polisi, baramufata barebye muri icyo gikarito basanga harimo ibipfunyika bibiri birimo udupfunyika (amabule) tw'urumogi 1,000.'
    CIP Semahame yashimiye abaturage bihutiye gutanga amakuru yatumye uriya muturage afatwa, yabasabye gukomeza kugira uruhare mu kwicungira umutekano cyane cyane barwanya abakwirakwiza ibiyobyabwenge.
    Nizerayesu yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo hatangire iperereza.
    Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw'ibiyobyabwenge n'ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy'urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.
    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n'amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
    Ifoto yakoreshwe haruguru yakuwe ku rubuga rwa Polisi y' u Rwanda



Source : https://impanuro.rw/2021/09/10/umuturage-w-i-rulindo-yacakiwe-na-polisi-afite-udupfunyika-1000-tw-urumogi/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)