Inkuru twavuga ko idasanzwe ariko iteye agahinda yagaragaye mu mujyi wa Kannauj Uttar Paradesh mu majyaruguru y' ubuhinde yatunguye abantu benshi cyane cyane abaganga aho umwana w' umukobwa w' imyaka 15 y' amavuko yagaragaye arira amarira y' ibuye ava mu ijisho ry' iwe.
Abaganga bemeza ko iki ari ikibazo cyitoroshye cyo kubona umwana arira hakaza amabuye.
Umuryango w'uyu mwana wemeje ko kuva yagira imyaka 10 yatangiye kurira amarira y'ibuye mu ijisho rye ry'ibumoso.
Umuryango w'uyu mwana amakuru avuga ko wutse inabi abaganga nyuma yo kuvuga ko ikibazo cye kigoye babifata nko gushinyagurira umwana wabo.
Mu mwaka wa 2014, ikinyamakuru gikorera kuri murandasi cyatangaje inkuru y'undi mukobwa witwa Saadiya Salah utuye muri Yemen nawe wari ufite ikibazo nk'iki, Abaganga bavuze ko batasobonura ikibazo Saleh yari afite aho bavugaga ko bishobora kuba ari ubukorikori buzwi nka 'Magic' yaba yarakuye mu cyaro cy'iwabo yakuriyemo, Icyo gihe uyu mwana yarize amabuye yuzura agakarito birabashobera.