Lionel Messi yitiriwe kimwe mu bice bya stade muri Amerika #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kizigenza w'ikipe y'igihugu y'Argentine na Inter Miami yo muri Amerika Lionel Andreas Messi yitiriwe kimwe mu bice bigize stade nshya y'ikipe ya Inter Miami.

Amwe mumarembo y'icyo stade yitiriwe Messi

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Mata 2026, ni bwo Inter Miami yakinnye na Austin FC mu mukino w'Umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu wari umunsi udasanzwe kuri Inter Miami kuko wahujwe n'umuhango wo gutaha ku mugaragaro stade yayo nshya yitiriwe ikigo cy'ishoramari cyo muri Brésil ari cyo Nubank.

Iki kigo cyaguze uburenganzira bwo kwitirirwa iyi stade yakira abafana 26.700, ikazaba irimo umwanya wahakoreshwa nk'ibiro byayo n'ibindi bigo byifuza kuyikoreshwa, umwanya w'ubucuruzi busanzwe n'ubundi bureba ikipe.

Mu marembo azajya yinjira muri iyi stade, hari amwe yiswe 'Leo Messi Stand', akaba yitiriwe uyu mukinnyi nk'umwe mu banyabigwi bayifashije kwandika amateka.

Ifite igisenge gishobora guhangana n'imihindagurikire y'ikirere, ndetse ikaba ari yo stade ya mbere muri Shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifite akabari kanini.

Mu batashye iyi stade harimo abayobozi bakuru ba Inter Miami ari na bo ba nyirayo. Abo ni Jorge Mas, Jose Mas na David Beckham ari na we watangaje watangaje bwa mbere ko iyi stade izubakwa mu 2014.

Mu mukino wa mbere wayibereyeho Inter Miami inganya na Austin FC ibitego 2-2.

Lionel Messi na Luis Suárez ba Inter Miami batsinze ibitego byishyura ibyatsinzwe na Guilherme Biro na Jayden Nelson ba Austin FC.

NU Stadium izajya yakira abafana 26.700

Inter Miami igiye kujya ikinira kuri stade yamaze kuzura

The post Lionel Messi yitiriwe kimwe mu bice bya stade muri Amerika appeared first on FLASH RADIO&TV.



Source : https://flash.rw/2026/04/05/lionel-messi-yitiriwe-kimwe-mu-bice-bya-stade-muri-amerika/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)