Kigali : Urubyiruko 28 rurimo Umuraperi ukomeye mu Rwanda rwafatiwe mu birori by'isabukuru ye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bantu 28 bafashwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Nzeri ahagana saa tanu ubwo bari mu nzu y'uwitwa Mutangana Jean d'Amour w'imyaka 25 iherereye mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Ibiro byari ibyo kwizihiza isabukuru y'uwitwa Nizeyimana Odo bakunze kwita Khalfan w'imyaka 29,uyu ndetse na Mutangana nabo bafatanwe na ririya tsinda.

Nizeyimana yavuze ko bafashwe hashize iminota 10 isaha yo kuba buri muntu yageze aho ataha igeze.

Yagize ati "Twafashwe buri muntu arimo gushaka uko asubira aho ataha kuko saa tanu zari zirenzeho iminota 10. Ni ubwa mbere mfatiwe muri ibi bikorwa ndetse ndumva binkojeje isoni kuba narenze ku mabwiriza ya Leta."

Umulisa Vanessa nawe yafatanwe na bariya bose yavuze ko ubwo Polisi yazaga kubafata bamwe bari mu nzu abandi bari hanze mu busabane.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko bariya bantu bose bafashwe barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19.

Ati "Turabizi ko kuva mu minsi mike ishize havuguruwe amabwiriza hari abantu barimo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.Bariya bafashwe bari bateguye ibirori mu rugo batigeze babimenyesha abayobozi mu nzego z'ibamze, nta n'ubwo bari baripimishije COVID-19 kandi bari barenze ku masaha bagombaga kuba bari mu ngo zabo."

CP Kabera yakomeje avuga ko iriya myitwarire ishobora guhembera ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 bikabangamira imbaraga igihugu gishyara mu kurwanya iki cyorezo. Yaburiye abantu ko ku bufatanye n'abaturage n'abayobozi mu nzego z'ibanze Polisi itazahwema gufata abarenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda yanagarutse ku bantu barimo gukwiza ibihuha ku mbugankoranyambaga bavuga ku mabwiriza yo gufungura utubari.

Yagize ati "Utubri tugomba gufungura ari uko bene two bafite uburenganzira bahawe n'inzego zibifitiye ububasha ndetse n'amasaha yo gucuruza arasobanutse. Tuributsa abafite utubari gukurikiza amabwiriza ndetse n'ababagana bakayakurikiza abazabirengaho bazabihanirwa."

Abafatiwe mu birori bipimishije icyorezo cya COVID-19 ku kiguzi cyabo nyuma inzego zibishinzwe zibaca amande.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Kigali-Urubyiruko-28-rurimo-Umuraperi-ukomeye-mu-Rwanda-rwafatiwe-mu-birori-by-isabukuru-ye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)