Inkuru ibabaje y'umunyarwanda umaze imyaka 30 aziritswe nk'itungo||dore ibyamubayeho. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
1 minute read
0

Umunyarwanda yaravuze ati:'ubuzima ni gatebe gatoki ', ibi nibyo byabaye kuri uyu musaza uri mu kigero cy'imyaka 80 , umaze imyaka 30 akururwa mu kiziriko nk'itungo.

Uyu musaza witwa Mihigo aganira na Afrimax English yavuze ko yavutse ameze nk'abandi ariko nyuma ubwo yari afite imyaka 15 yaje gufatwa n'uburwayi bwamufashe umubiri wose.

Ubu burwayi bwamuremaje intoki, umugongo urahinamirana, uruhu rurumagara netse namaso ye arahuma.Nyuma ngo yaje kugira umugiraneza amujyana kwa muganga atangira kumuvuza ariko biba iby'ubusa ndetse abaganga bamubwira ko atazakira kubera ubu burwayi bwamayobera.

Mihigo yagarutse mu rugo aho aba wenyine mu nzu, kandi atabasha kubona, ntagira umwitaho.Iyo ashaka kujya ahantu arasohoka akicara ku muryango hanyuma agahamagara uwaba ari hafi akamuzirika ikiziriko mu ijosi hanyuma akagenda amukurura nk'itungo, kugira abashe kugera aho ajya.



Source : https://yegob.rw/inkuru-ibabaje-yumunyarwanda-umaze-imyaka-30-aziritswe-nkitungodore-ibyamubayeho/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)
Today | 23, July 2025