Gicumbi : Abantu 33 bafashwe basenga binyuranyije n'amabwiriza barimo abafatiwe mu ishyamba #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bantu 33 bafashwe mu matariki ya 25 na 26 Nzeri aho 27 bafatiwe mu Kagari ka Nyamiyaga naho batandatu bagafatirwa mu ka Kageyo mu Murenge wa Kageyo.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere Gicumbi, Superintendent of Police (SP) Ndahimana Gisanga avuga ko bariya bantu bose uko ari 33 bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage bamaze kumva abantu barimo kuririmbira mu nzu y'umuturanyi wabo basenga.

Yagize ati 'Kuri iki cyumweru ahagana saa mbiri za mugitondo nibwo bariya bantu 27 bafatiwe mu Kagari ka Nyamiyaga mu Murenge wa Kageyo. Abaturage babumvise baririmba cyane babimenyesha Polisi ijyayo isanga barimo kubyiganira mu cyumba barenze ku mabwiriza yose yo kurwanya COVID-19.'

SP Gisanga yakomeje avuga ko kuwa Gatandatu tariki ya 25 Nzeri Polisi yari yafatiye abantu 6 mu ishyamba ry'ahitwa Kadeshi nabo bafashwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 barimo gusenga. Yavuze ko bariya bantu uko ari 33 bamwe baturuka mu Murenge wa Byumba abandi ni abo mu Murenge wa Kageyo.

Umuyobozi wa Polisi yibukije abaturage ko icyorezo cya COVID-19 ntaho cyagiye bityo bakaba bagomba gukomeza gukurikiza amabwiriza atangwa n'inzego z'ubuzima mu gukomeza kwirinda iki cyorezo.

Ati 'Bariya bantu bafatiwe ahantu hafunganye cyane harimo n'ubushyuhe, ni mu gihe inzego z'ubuzima zigira inama abantu kwirinda kwegerana, ziburira abantu kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki, guhana intera. Dukangurira abantu kujya gusengera mu nsengero zujuje ibisabwa kuko zirahari.'

Abafashwe baturuka mu matorero atandukanye , baraganirijwe bibutswa ko icyorezo kigihari batagomba kudohoka ku ngamba zo kukirwanya. Nyuma yo kuganirizwa, inzego zibishyinzwe zabaciye amande.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Gicumbi-Abantu-33-bafashwe-basenga-binyuranyije-n-amabwiriza-barimo-abafatiwe-mu-ishyamba

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)