Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nzeri 2021, nibwo rutahizamu w'ikipe y'igihe Amavubi na APR FC Byiringiro Lague bivugwa ko afite imyaka 20 yasezeranye na Uwase Kelia bivugwa ko afite imyaka 19 imbere y'amategeko, uyu muhango ukaba wabereye mu mujyi wa Kigali, karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Nyarugenge.
Lague yasezeranye na Kelia nyuma y'iminsi ibiri amwambitse impeta, kuko ku mugoroba wo ku wa Kabiri w'iki cyumweru aribwo byabaye.
Ubukwe bw'aba bombi buteganyijwe mu mezi ari imbere, aho bazasezerana imbere y'Imana bakabana nk'umugabo n'umugore.
Source : https://yegob.rw/byiringiro-lague-numukunzi-we-basezeranye/