Yolande Makolo na Stephanie Nyombayire bamaze igihe bakora muri Perezidansi bahawe inshingano nshya - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Nyakanga niyo yemeje ko bahabwa inshingano nshya.

Bombi bari bamaze igihe kinini bakora muri Perezidansi mu ishami ry’itumanaho n’itangazamakuru.

Usibye gukora mu ishami ry’itangazamakuru, Yolande Makolo mu 2014 yari yagizwe Umwanditsi w’imbwirwaruhame za Perezida wa Repubulika.

Ku rundi ruhande, Stephanie Nyombayire yari aherutse guhabwa izindi nshingano mu Biro by’Umukuru w’Igihugu aho mu kwezi gushize yari yagizwe Umunyamabanga Mukuru wihariye wungirije ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho.

Communiqué from the Office of the Prime Minister | Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe pic.twitter.com/rIEbDTpY36

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) July 31, 2021

Yolande Makolo yagizwe Umuvugizi wa Guverinoma muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga
Stephanie Nyombayire yagizwe Umuvugizi muri Perezidansi ya Repubulika



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)