Ikibazo cy’ibura ry’amazi mu Ntara y’Iburasirazuba kigiye kuvugutirwa umuti -

webrwanda
0

Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa 10 Kamena 2021 i Kigali. Umushinga ibigo byombi bigiye guhuriraho ushingiye ku bufatanye mu bya tekinike uzamara imyaka ine ukaba ugamije kongera ingano y’amazi meza agera ku baturage mu turere uko ari turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba.

Mu bikorwa biteganyijwe harimo kubaka ubushobozi bw’inzego zose zifite aho zihuriye n’imicungire y’amazi zirimo iz’ibanze, abikorera ndetse n’abayakoresha umunsi ku munsi.

Inzego z’uturere zizafashwa kunoza igenamigambi mu gushyiraho ibikorwa remezo by’amazi, bizatuma agera ku baturage yiyongera.

Biteganyijwe ko u Buyapani buzajya bwohereza impuguke z’abakorerabushake mu byo kubaka no gucunga ibikorwa remezo by’amazi bakaza gutanga ubumenyi mu nzego zitandukanye mu Rwanda ndetse aba enjeniyeri b’Abanyarwanda bakajya kwihugurira mu Buyapani.

Jica kandi izajya itanga ibikoresho bitandukanye bikenerwa muri uru rwego nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wayo mu Rwanda, Maruo Shin.

Ati “Twiyemeje gufatanya n’u Rwanda mu mugambi wo kugeza amazi kuri buri munyarwanda nk’uko biri mu muhigo rugomba kuba rwesheje mu 2024.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), Eng. Dusenge Byiringiro Alfred, yavuze ko ikibazo cy’amazi meza gihangayikishije mu Ntara y’Iburasirazuba ikaba ari yo mpamvu leta yahisemo ko uyu mushinga ukorera muri iki gice.

Inkuru irambuye ni mukanya...




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)