Dore bimwe mubyo abakobwa bagejeje igihe cyo gushaka baba batekereza #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku bakobwa benshi ,usanga igitekerezo cyo kubaka urugo ari nk'inzozi zigiye gusohora ,ariko n'ubwo bimeze bityo,umukobwa wese aba yifuza kuba yagira urugo rwiza kandi rushimishije.

Ibi bimwe na bimwe umukobwa utarashyingirwa ariko ugejeje igihe cyo gushaka aba tekereza ku bijyanye n'urugo rwe rw'ahazaza,harimo ibi bikurikira.

• Umukobwa aba atekereza ko kuzashinga umuryango bizamuha ibyishimo by'ubuzima bwe bwose asigaje ku Isi.
• Aba ashaka ko umugabo bazabana azakomeza kumukunda no kumutetesha mu byiza no mu bibi.
• Aba ashaka ko umugabo we azamubera indahemuka kuko kumuca inyuma byakomeretsa umutima we.
• Aba ashaka kuzabana n'umugabo uzajya ahora amurwanira ishyaka buri munsi kandi akamwubaha.

• Uretse kuba yashaka umugabo umukunda,aba anifuza umugabo uzamufasha kuzuza inshingano z'urugo,agakunda abana kandi akabitaho.
• Aba yifuza kuzasha umuntu bazajya bakora imibonano mpuzabitsina kandi wenyine nta wundi bamusangira.
• Aba yifuza kuzashaka umugabo utazagira ikintu na kimwe yamuhisha cyangwa amukinga ku bireba urugo rwabo.
• Umuntu azaba ari umuterankunga kandi umufasha kugera ku nzozi ze
• Ashaka umugabo utazamushyigikira mu makosa ,uzajya amukosora kandi akamufasha muri byose.
• Ahora yifuza guteteshwa no kwitabwaho bitarangira nk'aho bakimurambagiza.
• Aba yifuza umugabo usobanutse kandi uzi kuganira,uzajya amutega amatwi kando akamubonera umwanya bagakina.

Refe:https://www.elcrema.com/



Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/dore-bimwe-mubyo-abakobwa-bagejeje-igihe-cyo-gushaka-baba-batekereza

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)