Kubera umutingito watumye atajya mu kwa buki #rwanda #RwOT

webrwanda
0
    Producer Holybeat uherutse gusezerana  imbere y'Imana n'umukobwa ukomoka muri Israel witwa Annette Antoinette Tahan,yahishuye ko umutingito umaze iminsi wibasiye  Akarere ka Rubavu watumye atajya mu kwa buki nk'uko yari yabiteganyije.

Ibi Producer Holybeat, inkuru dukesha IGIHE yababwiye ko ubwo bamusuraga mu rugo rushya ari kubanamo n'umugore we bashakanye nyuma y'imyaka ibiri bakundana.

Holybeat yabonayeho umwanya wo kunyomoza ibyavugwaga ko yaba yarakunze Annette Antoinette Tahan amukurikiranyeho amafaranga n'ubwebegihugu bwa Israel.

Ati'Njye nashakaga urukundo,ikimenyimenyi iyo mba nshaka ubwenegihugu ubu nakabaye naragiye,ariko ndi hano kandi sinteganya no kuva mu Rwanda.'

Uyu musore yavuze ko yamenyanye n'uwo bashyingiranye ubwo yari mu rugendo mu Rwanda nka mukerarugendo.

Nyuma y'amezi atatu bari kumwe mu ngendo zo gutembera u Rwanda,ubwo bari bageze mu karere ka Rubavu,Holybeat nibwo yatinyutse abwira umugore we ko amukunda.

Uko iminsi yicumaga ni ko urukundo rwabo rwakuze cyane,uyu mukobwa ukomoka muri Israel yakundaga mu Rwanda urugendo rwo gusura umukunzi we.

Kuki ubu Annette Antoinette Tahan aba mu Rwanda kubera umukunzi we.

Holybeat asanzwe ari umu Producer muri The Mane Music,Studio ya Bad Rama.



Source : https://impanuro.rw/2021/05/30/kubera-umutingito-watumye-atajya-mu-kwa-buki/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)