Kicukiro: Umusore yicishijwe amabuye, umukunzi we bari kumwe ajya muri Coma - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ahagana saa tatu z'ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 2 Gicurasi 2021, nibwo uyu musore Ntacyabukura wari kumwe n'umukunzi we yatewe amabuye kugeza ubwo ashizemo umwuka.

Amakuru ava mu Murenge wa Kigarama avuga ko yatewe amabuye kugeza ubwo apfuye ahagana saa tatu z'ijoro, mu kibuga cya GS Bwerankori, ishuri riri mu Murenge wa Kigarama ari kuganira n'umukunzi we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigarama, Umubyeyi Médiatrice, yemereye IGIHE iby'urupfu rw'uyu musore.

Ati ' Twasanze yari kumwe n'umukunzi we barimo gupanga iby'ubukwe dusanga yapfuye, tureba ahantu hose dukomeza dushakisha tuza kumva ko hari abamuteye amabuye mu mutwe.'

Yakomeje avuga ko 'Bari barimo gutegura ubukwe ariko umukobwa bikiba na we yahise amera nk'uhungabana.'

Uwo mukobwa yahise ajyanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho mu gihe umurambo w'umusore wajyanywe ku bitaro by'akarere ka Gasabo ku Kacyiru mu gihe iperereza ryatangiye ngo hamenyekane amakuru nyayo y'urwo rupfu.

Ifoto ya Satellite igaragaza Bwerankori aho umusore yiciwe



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kicukiro-umusore-yicishijwe-amabuye-ari-kumwe-n-umukunzi-we

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)